00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubutumwa bw’umwaka mushya bwa Mushikiwabo ku Banyarwanda

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 1 January 2025 saa 03:22
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yagaragaje ko mu byo yifuriza Abanyarwanda muri uyu mwaka mushya wa 2025, harimo guhirwa, ibyishimo, ubuzima buzira umuze, ndetse abizeza ko byose bizagenda neza.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Louise Mushikiwabo, yatahije Abanyarwanda bose, ndetse abifuriza ko umwaka wa 2025 wazababera uw’amata n’ubuki.

Ati “Abachou bacu beza, mbifurije Umwaka wa 2025 w’amata n’ubuki!! Buri wese icyo yifuza cyose mu mwaka utangiye kizamubere impamo! Mbifurije ubuzima buzira umuze, ibyishimo no gutsinda’’.

Yakomeje avuga ko intego abantu bakwiye kujyana mu 2025 ari ivuga ko byose bizagenda neza.

Ati “Intego yacu y’umwaka wa 2025 ni byose bizagenda neza!’’.

Aha Louise Mushikiwabo yasaga n’usubira mu mvugo yagarutsweho na Perezida Paul Kagame mu birori yakiriyemo abantu batandukanye, hagamijwe kubifuriza umwaka mwiza.

Perezida Kagame yumvikanye avuga ko Abanyarwanda badakwiriye kugira impungenge kuko byose bizagenda neza mu mwaka wa 2025.

Louise Mushikiwabo ni umwe mu Banyarwanda bamaze kubaka izina muri politike y’Isi. Mu 2018 nibwo yatorewe kuba Umunyamabanga w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa wa OIF, nyuma y’igihe yari amaze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yifurije Abanyarwanda kuzahirwa n’umwaka mushya wa 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .