Itangazo iri shuri ryasohoye kuri uyu wa 13 Gashyantare 2025, rigaragaza ko umunsi amarembo yaryo azaba yuguruye kuri buri wese ari ku wa 22 Werurwe 2025, ku cyicaro cyaryo mu Karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bwa Ntare Louisenlund School bwatangaje ko bushyize imbere amasomo ya siyansi (STEM) no gutegura abanyeshuri bahiga ku buryo bashobora gukomereza muri kaminuza mpuzamahanga.
Ntare Louisenlund School ifite ibyumba by’amashuri 35 na laboratwari eshanu za siyansi. Ifite kandi ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri barenga 1100 bacumbikiwe.
Biteganyijwe ko abazitabira uyu munsi bazatemberezwa ikigo cyose, basobanurirwe amasomo ahatangirwa n’uburyo bwo kubona buruse ku bafite ubushobozi buke bifuza kuhiga, banagire umwanya wo kuganira n’ubuyobozi bw’ishuri.
Si ibyo gusa kuko muri iki gikorwa hazabera imyidagaduro itandukanye y’abanyeshuri ndetse banasobanurirwe porogaramu ya Plus-STEM, ifasha abanyeshuri kongera ubumenyi bwabo mu mibare, ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Bazanagira amahirwe yo gukoresha ibibuga by’imikino by’iri shuri birimo basketball, volleyball ndetse n’umupira w’amaguru mu gukina iyo mikino.
Iki gikorwa kizajyamo abiyandikishije gusa banyuze kuri (https://forms.gle/9U5ZCY6B8ifxbER69)
Abaryigamo birihira bishyura miliyoni 21 Frw ku mwaka, ni ukuvuga miliyoni 7 Frw buri gihembwe, ariko hari n’amahirwe ku Banyarwanda bifuza kuhiga yo kugabanyirizwa amafaranga y’ishuri.
Iri shuri ryatangiye kubakwa mu 2019 bivuye ku gitekerezo cy’ihuriro rigizwe n’abize mu ishuri ryisumbuye rya Ntare School muri Uganda, ku isonga hakaba Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni. Ku ikubitiro ryakiriye abanyeshuri 145 mu 2024.
Izindi nkuru wasoma: https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/...
https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/...
https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/...
https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/...
Amafoto y’Ishuri rya Ntare Louisenlund






























































TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!