00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dutemberane Luxembourg iri mu bihugu byihagazeho i Burayi

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 9 February 2025 saa 03:15
Yasuwe :

Luxembourg ni kimwe mu bihugu 10 bito mu birenga 40 bigize u Burayi. Icyakora ubwo buto bwayo ntibwayibujije kuba kimwe mu bihugu bikize, ku buryo no kugituramo akenshi bisaba uwifite.

Luxembourg idakora ku nyanja iherereye rwagati mu Burayi, ihana imbibi n’u Bubiligi mu Majyaruguru n’u Burengerazuba, u Bufaransa mu Majyepfo n’u Budage mu Burasirazuba.

Iherereye mu bilometero bigera kuri 6300 uvuye mu Rwanda. Ushaka gutembererayo ushobora kunyura inzira ya Kigali -Bruxelles-Luxembourg, Kigali-Paris-Luxembourg, cyangwa Kigali- Frankfurt- Luxembourg, zose zigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Luxembourg, bikagutwara amasaha ari hagati ya 12 na 15 bijyanye n’aho indege yagiye ihagarara.

Iki gihugu ntikibarizwamo imisozi ihanamye kuko umuremure uzwi nka Kneiff ufite ubutumburuke bwa metero 560.

Gifite abaturage barengaho gato ibihumbi 670, kikagira ubuso bwa kilometero kare 2586, ibyumvikana ko u Rwanda rugikubye inshuro 10.

Hafi ya kimwe cya kabiri cy’abaturage ba Luxembourg ntabwo bayivukamo. Abanya-Luxembourg bavuga indimi eshatu zirimo Igifaransa, Ikidage n’Ikinya-Luxembourg (Luxembourgish).

Umuturage waho ari muri batanu binjiza amafaranga menshi ku Isi kuko nk’imibare ya Banki y’Isi yo mu 2023 igaragaza ko umuturage yinjizaga arenga ibihumbi 128$ (arenga miliyoni 184 Frw) ku mwaka, ni amafaranga menshi kuko nk’uwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yinjiza arenga gato ku bihumbi 81$ ku mwaka. Luxembourg ifite umusaruro mbumbe wa miliyari 99$.

Nta mutungo kamere ifite kuko ubukungu bwayo bushingiye kuri serivisi z’imari aho nko mu 2023 yari ifite amabanki 120 yabarirwaga umutungo wa miliyari 1000 z’Amayero, ndetse mu mpera za 2024 ishoramari ryari rifitwe n’ibigo biri muri icyo gihugu ryari kuri miliyari zirenga 5800 z’Amayero.

Ubukungu bwa Luxembourg buteye imbere bigizwemo uruhare n’inganda, urwego rw’imari n’imitangire ya serivisi, iki gihugu na cyo kikaba kimwe mu bibarizwa mu gice cya Schengen.

Iki gihugu kiyoborwa na Henri Albert Gabriel Félix Marie Guillaume, uzwi nk’Umwami Henri, kikagira Umurwa Mukuru witwa Luxembourg utuwe n’abarenga ibihumbi 125.

Kirangwa n’uturere twitaruye umujyi aho bakorera ubuhinzi n’ubworozi, kikagira pariki izwi nka ‘Forêt dense des Ardennes’ n’imibande bita ‘Vallée de la Moselle’, bikunda gusurwa cyane bijyanye n’uko bibumbatiye urusobe rw’ibinyabuzima.

Guhera muri Mutarama 2020, abatuye muri Luxembourg bemerewe gukora ingendo mu buryo bwa rusange nko muri bisi na gari ya moshi batishyuye. Icyo gihe Luxembourg yabaye igihugu cya mbere cyari giteye iyo ntambwe mu Isi.

Ni icyemezo cyafashwe bijyanye n’uko igihugu ari gito, hirindwa ko abagituye bahurira bose mu mihanda bigateza umuvundo, ariko bikanakorwa kugira ngo habungabungwe ikirere.

Ni igihugu gifite inkomoko mu Bwami bw’Abaromani mu kinyejana cya 10, mu binyejana bitandukanye, cyagiye kigenzurwa n’ibihugu bitandukanye nk’u Bufaransa, icyakora mu 1867 kibona ubwigenge, nyuma yo kwigobotora icyo gihugu cyashakaga kucyiyomekaho.

Mu 1994, Umujyi wa Luxembourg washyizwe na UNESCO ku Murage w’Isi, bijyanye n’umwihariko wawo ko kuba umaze imyaka myinshi, inkuta n’iminara by’umwihariko byubatswe mu kurwanya abanzi n’ibindi.

Abanyarwanda ntibahatanzwe. Abo barimo na Nzamutuma Janvier umaze imyaka 20 ageze i Luxembourg.

Nzamutuma wabaye mu bihugu byinshi nka RDC, Kenya, Cameroun, u Bwongereza, u Budage, Amerika, u Busuwisi n’ahandi, yageze muri Luxembourg abona itandukaniro.

Ati “Nkora mu Bwongereza nabonaga ibintu umuntu akora n’ibyo ashoboye ntaho bihuriye. Uba ukoresha ubushobozi bwawe ku kigero cyo hasi. Nageze muri Luxembourg mbona biratandukanye.”

“Bo bareba ubushobozi bwawe noneho bakaguha ibijyanye n’ibyo washobora, bakaguha n’uburyo bugufasha gukura mu bumenyi ku buryo n’ibyo utashoraga ukihagera ubishobora nyuma.”

Iyo mikorere yo muri Luxembourg yatumye Nzamutuma ayibyaza umusaruro, bimufasha gukoresha ubushobozi bwe bwose haba mu kazi ahemberwa n’ake yishingiye.

Ati “Abantu ba hano bifitemo ubumenyi mu bijyanye n’imari, ibindi bihugu bikenera. Urebye ibihugu byinshi mu Isi bafite ibikorwa hano ibyinshi bijyanye n’imari. Ariko igitangaje ni uko nta banki yo muri Afurika wahabona, ari nayo mpamvu ndi gukora ubuvugizi ngo twishakemo ubushobozi nk’Abanyafurika dushinge banki hano.”

Ni ikintu ari guharanira kugira ku buryo ubona yizeye ko azakigeraho, akabijyanisha no kwagura Umuco Nyarwanda.

Ati “Nk’iyo ugiye muri Banki y’Abashinwa ukumva bavuga Igishinwa, wumva biryoshye. Uzi nka twe dufunguye banki hano nk’Abanyarwanda tukavuga Ikinyarwanda kwaba ari ukwihesha agaciro kwisumbuyeho.”

Nzamutuma washinze muri Luxembourg ikigo kizwi nka ‘Clear Trust Consulting (CTC)’ gifasha kubakira abantu ubumenyi mu bijyanye n’imari, yavuze ko yari agamije kwinjiza Abanyarwanda n’abandi bakomoka muri Afurika mu rwego rw’imari muri iki gihugu.
Ati “Nk’iyo ugeze mu bindi bihugu byo mu Burayi ubona ko hari ukuntu batatwubaha, ariko muri Luxembourg ho iyo ufite ubumenyi barakubaha cyane bakaguha umwanya ugatera imbere.”

Yavuze ko CTC yigisha ibijyanye no kurwanya iyezandonke, gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba nka bumwe mu bumenyi bugezweho butanga akazi kuri benshi.

Ati “Mu cyiciro giheruka twari dufite n’abafite impambyabumenyi z’ikirenga, PhD bafite ubumenyi no mu zindi nzego. Hano muri Luxembourg bisaba umuntu gufata amahugurwa y’umwuga ubundi akajya mu kazi, bidasabye kwiga imyaka myinshi. Abantu 97% binjiye mu kazi bahuguwe natwe.”

Ikiganiro cyihariye na Janvier Nzamutuma ku bikorwa yagezeho muri Luxembourg

Nzamutuma washinze ikigo kizwi nka ‘Clear Trust Consulting (CTC)’ gifasha kubakira abantu ubumenyi bujyanye n’imari muri Luxembourg
Umunyamakuru wa IGIHE yasuye ibice bitandukanye byo muri Luxembourg
Mu 1994 Umujyi wa Luxembourg washyizwe ku Murage w’Isi na UNESCO bijyanye n’umwihariko wawo ko kuba umaze imyaka myinshi, inkuta n’iminara by’umwihariko byubatswe mu kurwanya abanzi n’ibindi
Hirya no hino mu Mujyi wa Luxembourg haba hari amagare akodeshwa
Luxembourg ni umujyi ushobora kugenda rwagati umwanya munini udahura n’imodoka
Ubukungu bwa Luxembourg buteye imbere bigizwemo uruhare n’inganda, urwego rw’imari n’imitangire ya serivisi, kandi gikorerwamo na banki nyinshi zikomeye ku Isi
Inzu zo muri Luxembourg usanga zarubatswe kera ariko zikomeye
Luxembourg iyoborwa na Henri Albert Gabriel Félix Marie Guillaume, uzwi nk’Umwami Henri
Umwe mu basirikare barinze agace gakoreramo Inteko-Ishinga Amategeko mu Murwa Mukuru Luxembourg
Ubukungu bwa Luxembourg bwateye imbere bigizwemo uruhare n’inganda, urwego rw’imari n’imitangire ya serivisi
Usanga Bisi ari yo zitwara abantu cyane mu Mujyi wa Luxembourg
Usanga Bisi ari yo zitwara abantu cyane mu Mujyi wa Luxembourg
Guhera muri Mutarama 2020, abatuye muri Luxembourg bemerewe gukora ingendo mu buryo bwa rusange nko muri bisi, gari ya moshi na Tram batishyuye
Guhera muri Mutarama 2020, abatuye muri Luxembourg bemerewe gukora ingendo mu buryo bwa rusange nko muri bisi, gari ya moshi na Tram batishyuye
Inzu ikoreramo ubuyobozi bukuru bw’uyu mujyi bita ‘L'Hôtel de Ville de Luxembourg’ yubatswe mu 1830 kugeza mu 1838
Bisi usanga arizo zitwara abantu cyane mu mu mujyi
Abagenzi basohotse muri Tram, imodoka baba bazisize aho batuye
Ubukungu bwa Luxembourg bwateye imbere bigizwemo uruhare n’inganda, urwego rw’imari n’imitangire ya serivisi
Iki gihugu kiyoborwa na Henri Albert Gabriel Félix Marie Guillaume, uzwi nk’Umwami Henri
Mu 1994, Umujyi wa Luxembourg washyizwe na UNESCO mu Murage w’Isi, bijyanye n’umwihariko wawo wo kuba umaze imyaka myinshi, inkuta n’iminara byubatswe mu kurwanya abanzi n’ibindi
Inzu zo muri Luxembourg usanga zarubatswe kera ariko zikomeye
Umujyi wa Luxembourg uwusangamo amaduka akomeye acuruza imirimbo
Henshi mu Mujyi wa Luxembourg hashyizwe ibyuma bibuza imodoka kwinjira hirya no hino, mu rwego rwo guha umwanya abagenda n’amaguru cyangwa amagare no kubungabunga ibidukikije n’ikirere
Uyu mujyi ukorerwamo na banki nyinshi
Agace kabarizwamo inzu n’ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi bita ‘Auchan Kirchberg’ mu mu Murwa mukuru wa Luxembourg
Abayobozi basohotse mu biro hafi y’ahaherereye ibiro bikuru by’umwami baba bigendera n’amaguru cyangwa amagare
Luxembourg hari inzu z’ubucuruzi zikomeye ku Isi zihahirwamo n’abifite bahatuye cyangwa abahagenda
Ahitaruye umujyi, wakwita mu cyaro cyaho

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .