00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Diyosezi ya Kabgayi yizihije Umunsi w’Umuco mu mashuri ku nshuro ya mbere (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 March 2025 saa 04:45
Yasuwe :

Binyuze mu mashuri ayigize, Diyosezi ya Kabgayi yizihije Umunsi w’Umuco witabiriwe n’abanyeshuri batandukanye biga muri ayo mu mashuri mu birori byabereye muri Collège Sainte Marie Reine Kabgayi ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Werurwe 2025.

Muri iki gitaramo cy’umuco, abanyeshuri berekanye imikino itandukanye iranga umuco Nyarwanda irimo imbyino, imivugo, ikinamico n’ibindi.

Ni ibirori byitabiriwe n’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS), Karemangingo Luke n’abahagarariye izindi nzego zirimo Minisiteri y’Uburezi, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu n’ubuyobozi bw’uturere turi muri iyi diyosezi.

Uyu munsi watekerejwe na Diyosezi Kabgayi, uzajya uba buri mwaka hagamijwe guteza imbere umuco n’ururimi rw’Ikinyarwanda kugira ngo rurusheho gukundwa no kuvugwa neza. Ibi ni byo byatumye insanganyamatsiko yawo yitwa “Twige tumenye Ikinyarwanda ururimi ruduhuza".

Ku nshuro ya mbere hahimbazwa uyu Munsi, mu mashuri 214 yo muri Diyosezi ya Kabgayi, hakozwe ku buryo yose ahagararirwa mu byiciro birimo amashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga.

Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, yavuze ko Kiliziya Gatolika yabaye ku isonga ry’ababungabunze umuco Nyarwanda ndetse bakawukoraho ubushakashatsi bawutoza umwana w’u Rwanda kugira ngo atawibagirwa mu gihe ahura n’indi mico iva mu mahanga.

Ati “Iki gitaramo kiragaragaza uburezi gatolika bureba umwana, bureba umuntu mu mfuruka ze zose. Kiliziya mu burere n’uburezi iha muntu, ntabwo yibagirwa umuco.”

Yasabye kandi abarezi n’ababyeyi kurinda abana ikoreshwa nabi ry’ururimi rw’Ikinyarwanda, abibutsa ko ari bo ba mbere bagomba gukosora umwana.

Uwari uhagarariye Minisiteri y’Uburezi, Nsengiyaremye Christophe, usanzwe ari Umuhuzabikorwa w’Uburezi mu Ntara y’Amajyepfo, yashimiye Diyosezi ya Kabgayi ku birori yateguye, avuga ko “bidashidikanywaho ko uburere n’uburezi mu mashuri ari muri iyi Diyosezi ya Kabgayi bigenda neza nk’uko abana barererwa muri aya mashuri babigaragaje.”

Yonyegeyeho ati “Mboneyeho kandi gushimira ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika ku ruhare rwayo rufatika mu kurerera u Rwanda. Ibyo bigaragazwa n’umubare w’ibigo bifasha Leta kurera.”

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS), Karemangingo Luke, na we yashimiye Diyosezi ya Kabgayi, avuga ko babonye inkomoko yo kwitwara neza kw’amashuri yo muri iyi diyosezi mu marushanwa y’umuco.

Ati “Mu byo twibandaho cyane ni umuco kandi twishimiye kubagira nk’umufatanyabikorwa. Biratunezeza cyane iyo tubona amashuri angana atya yateranya, arushanwa mu muco. Natwe tuhabonera impano zitandukanye.”

Umuco uri mu marushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino mu Mashuri mu Rwanda aho buri mwaka, amashuri arushanwa kuva ku rwego rw’akarere kugeza ku rwego rw’igihugu.

Umunsi w’Umuco wizihijwe bwa mbere muri Diyosezi ya Kabgayi mu birori byabereye muri College Ste Marie Reine Kabgayi
Abanyeshuri berekanye ubumenyi butandukanye bujyanye n'insanganyamatsiko yashyizweho
Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa (iburyo), yasabye abarezi n'ababyeyi kurinda abana ikoreshwa nabi ry’ururimi rw’Ikinyarwanda
Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa yavuze ko abana bazajya bagaragaza ubuhanga mu marushanwa y'umuco bazajya bashyigikirwa
Umunyamabanga Mukuru wa FRSS, Rugasire Euzebius n'Umuyobozi wa Tekinike muri iri Shyirahamwe, Habiyambere Emmanuel, bari mu bitabiriye ibi birori byabaye ku nshuro ya mbere
Perezida w'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Imikino n'Umuco mu Mashuri (FRSS), Karemangingo Luke, yashimiye Diyosezi ya Kabgayi ku gikorwa yatangije cyo kwizihiza Umunsi w'Umuco

Amafoto y’abanyeshuri bagaragaza ubumenyi bwabo ku muco Nyarwanda binyuze mu mbyino, imivugo n’imikino itandukanye:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .