00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CG Namuhoranye yasabye inzego z’ubugenzacyaha muri EAPCCO gufatanya mu guhashya ibyaha

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 28 January 2025 saa 07:25
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Félix Namuhoranye, yasabye abayobozi b’inzego z’ubugenzacyaha mu bihugu bigize Umuryango uhuza abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), gukora mu buryo buhuriweho mu kurwanya ibyaha byaduka ndetse n’ibisanzweho, byibasira abaturage urwo rwego rushinzwe kurinda.

Ni ubusabe yatangiye i Kigali ku wa 27 Mutarama 2025 ubwo hatangizwaga inama ngarukamwaka y’inteko rusange ya 26 ya EAPCCO.

Iyi nama izarangira ku wa 31 Mutarama 2025 yabimburiwe n’igice cy’abahagarariye inzego z’ubugenzacyaha mu bihugu binyamuryango ya EAPCCO, PPC.

Igice cya kabiri cyayo kizitabirwa n’abakuru ba polisi mu bihugu binyamuryango, mu gihe icya gatatu kizitabirwa n’abaminisitiri bafite polisi mu nshingano muri ibyo bihugu, ari na bo bemeza imyanzuro iba yaganiriweho ngo ishyirwe mu bikorwa mu gihe cy’umwaka.

Iyi nama yiga ku byaha bishobora gukorerwa mu bihugu binyamuryango bikagira ingaruka ku bindi bihugu.

Haba hagamijwe gushyiraho ingamba zihuriweho zo kubirwanya no gufata ababikoze bagakurikiranwa.

Ubwo yatangizaga iyo nama, CG Namuhoranye yavuze ko ari umwanya mwiza wo gufata ingamba zo guhangana n’ibyaha byibasira abaturage mu Karere, asaba ko habaho gufatanya kugira ngo bigerweho.

Ati “Ndabasaba kwibanda ku bikorwa bihuriweho mu kubaka ubushobozi bw’Akarere mu guhangana n’ibyaha bishya n’ibisanzweho byambukiranya imipaka. Tugomba gusangira amakuru ndetse agatangirwa gihe”.

CG Namuhoranye kandi yasabye abayobozi b’inzego z’ubugenzacyaha muri ibyo bihugu kunoza uburyo bwo kubika amakuru muri buri gihugu ariko bikajyana no kongera uburyo bw’itumanaho n’imikoranire no gutanga amahugurwa ahuriweho ku bakora muri izo nzego, kugira ngo ibikorwa bahuriyeho byihute.

Umuyobozi wungirije w’Ishami ry’Ubugenzacyaha muri Polisi y’u Burundi, Mutagatifu Aimable mu izina ry’umuyobozi wa PPC yashimangiye akamaro k’ubufatanye mu bihugu binyamuryango ndetse agaruka ku byaha abona bigomba kwitabwaho by’umwihariko.

Ati “Nk’uko tubizi twese ibyaha bikorwa bikomeza kugenda bihinduka. Tugomba kwakira izo mpinduka kandi tugakora vuba. Akarere kacu uyu munsi kugarijwe n’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga byibasira inzego z’imari n’abantu ku giti cyabo, ibibazo by’icuruzwa ry’abantu, kwimuka mu buryo bunyuranyije n’amatego n’ibindi. Ibyo bibazo ntibyakemurwa n’igihugu kimwe ahubwo hakenewe ubufatanye hagati y’ibihugu.”

Inama ihuza abayobora inzego z’ubugenzacyaha muri EAPCO yari ibaye ku nshuro ya 49, mu gihe ihuza abaminisitiri ifatwa nk’Inteko Rusange yo iba rimwe mu mwaka, aho iyi ari iya 26.

Mu 2024 u Burundi ni bwo bari buyoboye uwo muryango aho muri iyi nama buzahererekanya ububasha n’u Rwanda rugiye kuwuyobora mu 2025.

Ibihugu bigize EAPCCO ni u Rwanda, u Burundi Ibirwa bya Comores, Djibouti, Eritrea, Ethiopia, Kenya, Seychelles, Somalia, Sudani, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Félix Namuhoranye, yasabye abayobozi b’inzego z’ubugenzacyaha mu bihugu bigize EAPCCO ubufatanye mu guhashya ibyaha
Iyi nama yitabiriwe n'abahagarariye inzego z'ubugenzacyaha muri EAPCCO
Umuryango uhuza abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO) ugizwe n'ibihugu 14

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .