00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Mnangagwa ashyigikiye icyemezo cya Trump cyo kwirukana abimukira

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 7 February 2025 saa 08:49
Yasuwe :

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yashyigikiye icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo kohereza abimukira mu bihugu byabo, agaragaza ko yiteguye kwakira abanya-Zimbabwe bari muri Amerika mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Mu butumwa Perezida Mnangangwa yanyujije ku rubuga rwa X yagize ati “Guverinoma ya Zimbabwe ishyigikiye icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kugarura abimukira bakomoka muri Zimbabwe bashobora kuba bari muri iki gihugu binyuranye n’amategeko.”

Gahunda yo kwirukana abimukira badafite ibyangombwa yatangiye ku wa 20 Mutarama 2025 ubwo Donald Trump yari amaze kurahirira kongera kuyobora Amerika. Yahise asinya iteka rishyira mu bikorwa icyo cyifuzo cye nk’uko yari yarabivuze mu gihe cyo kwiyamamaza.

Imibare igaragaza ko Abanyafurika bagera ku 40.172 baturutse mu bihugu 47 bari ku rutonde rw’abimukira bari muri Amerika binyuranyije n’amategeko.

Somalia iza ku isonga n’abenegihugu 4.090 bagomba kwirukanwa, ikurikirwa na Mauritania ifite 3.822, Nigeria ifite 3.690, na Ghana 3.228.

Ni mu gihe Zimbabwe ifite abagera kuri 545 bari muri Amerika batujuje ibyangombwa, ari na yo mpamvu Perezida Mnangagwa yavuze ko iki gihugu cyiteguye kubakira.

Perezida Emmerson Mnangagwa yagaragaje ko ashyigikiye icyemezo cya Trump cyo kwirukana abimukira batujuje ibyangombwa ndetse ko azakira abo mu gihugu cye bazirukanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .