00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zambia: Perezida Hichilema yahagaritse bitunguranye ikiriyo cya Lungu yasimbuye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 20 June 2025 saa 08:42
Yasuwe :

Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia yahagaritse bitunguranye ikiriyo cya Dr. Edgar Lungu Chagwa wayoboye iki gihugu kuva mu 2015 kugeza mu 2021, nyuma y’aho Leta inaniwe kumvikana n’umuryango we ku bikorwa byo kumusezeraho mu cyubahiro.

Lungu yapfiriye muri Afurika y’Epfo tariki ya 5 Kamena 2025. Kuva ubwo Leta n’umuryango we byatangiye kuganira ku buryo bwo gucyura umurambo we no kumusezeraho mu cyubahiro.

Ku wa 18 kamena, Perezida Hichilema yari kujya kwakira umurambo wa Lungu ku kibuga cy’indege cya Lusaka, ariko umuryango wa Lungu utangaza ko wafashe icyemezo cyo kutawukura muri Afurika y’Epfo kuko ngo ntiwizeye ko Leta yari kubahiriza ibyumvikanyweho.

Umuvugizi w’Umuryango wa Lungu, Makebi Zulu, yasobanuye ko impamvu batizeye Leta ya Zambia ari uko yashyize hanze gahunda yo gusezera mu cyubahiro ku muntu wabo batabanje kubimenyeshwa.

Perezida Hichilema yatangaje ko tariki ya 15 Kamena ari bwo Leta ya Zambia n’umuryango wa Lungu byumvikanye ko umurambo uzakurwa muri Afurika y’Epfo tariki ya 18 Kamena, ndetse ko Leta yemeye kongera ikiriyo ho iminsi icyenda mbere y’uko ushyingurwa mu cyubahiro tariki ya 23 Kamena.

Yasobanuye ko hashingiwe ku biganiro byabayeho, Afurika y’Epfo yari yiteguye kohereza abasirikare bari gusezera mu cyubahiro kuri Lungu ubwo umurambo we wari kuba ushyirwa mu ndege kugira ngo woherezwe muri Zambia, gusa ngo ibyo uyu muryango wabitesheje agaciro.

Perezida Hichilema yatangaje ko igihugu kidashobora kuguma mu kiriyo biturutse ku kuba umuryango wa Lungu wahinduye gahunda ku munota wa nyuma, bihabanye n’ibyari byaremeranijweho, amenyesha abaturage ko ikiriyo cyarangiye ku wa 19 Kamena.

Yagize ati “Ntabwo igihugu cyacu cyaguma mu kiriyo kitarangira. Twakoze ibishoboka byose kugira ngo tuganire n’umuryango wa Perezida wa Repubulika wa gatandatu, twanageze ku rwego rwo gufata icyemezo gisobanutse. Hashingiwe kuri izi mpamvu, menyesheje igihugu ko kuri uyu wa 19 Kamena 2025 niharangira, ikiriyo kiraba kirangiye ku mugaragaro.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yamenyesheje abaturage ko umurambo wa Lungu uzashyingurwa mu cyubahiro gikwiye uwayoboye Zambia, aboneraho kubasaba gutuza, anihanangiriza abashobora gukora ibinyuranyije n’amategeko.

Dr. Edgar Lungu Chagwa wayoboye Zambia kuva mu 2015 kugeza mu 2021, yitabye Imana tariki ya 5 Kamena 2025
Perezida Hakainde Hichilema yatangaje ko Zambia idashobora kuguma mu kiriyo kitarangira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .