00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukwa buki kwa AFC/M23 n’Ingabo za SADC ntikumaze kabiri (Video)

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 16 April 2025 saa 02:37
Yasuwe :

Umubano w’Ihuriro rya AFC/M23 n’uw’Ingabo z’Umuryango wa SADC ziri mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC), wongeye kuzamo agatotsi nyuma y’aho rishinje izo ngabo kugira uruhare mu bitero riherutse kugabwaho mu Mujyi wa Goma.

Nyuma y’icyo gitero, Ihuriro rya AFC/M23, ryahise rishinja FARDC, FDLR n’imitwe ya Wazalendo, rigaragaza ko cyagabwe hagamijwe kwisubiza Umujyi wa Goma. Ryanashinje Ingabo za SAMIDRC ndetse n’Ingabo za Monusco.

Icyo gitero cyagabwe ku wa Gatanu tariki 11 Mata 2025, aho mu bice bigize uburengerazuba bwa Goma birimo Mugunga, Kyeshero no mu gace ka Lac Vert humvikanye amasasu menshi.

Ibyo byatumye iri huriro risaba Ingabo za SADC ziri muri RDC kuva bwangu muri icyo gihugu.

AFC/M23 yakomeje ivuga ko yabashije gusubiza inyuma iki gitero, gusa ishimangira ko kinyuranyije n’amasezerano yagiranye na SAMIDRC na gahunda yo gusana ikibuga cy’indege cya Goma.

Mu minsi mike ishize SAMIDRC yagiranye ibiganiro na AFC/M23, bemeranya ko Ingabo z’uyu muryango zigomba kuva i Goma, zikoresheje ikibuga cy’indege kiri muri uyu mujyi, nyuma yo kugisana.

Ubusesenguzi bugaragaza ko icyo gitero cyatumye umubano mwiza wari utangiye kuza hagati y’Ingabo za SADC na M23 usubira irudubi.

Reba iki kiganiro umenye byinshi kuri iki kibazo

Umubano wa AFC/M23 n'Ingabo za SADC wajemo agatotsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .