00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwahoze ashinzwe umutekano wa Ndadaye yagaragaje ko kohereza ingabo z’u Burundi muri RDC ari ikosa rikomeye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 23 June 2025 saa 10:25
Yasuwe :

Gratien Rukindikiza wahoze ashinzwe umutekano wa Melchior Ndadaye wabaye Perezida w’u Burundi mu 1993, yagaragaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yakoze ikosa rikomeye ubwo yoherezaga ingabo z’igihugu cye mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Burundi bwohereje ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mpera za 2023, hashingiwe ku masezerano ubutegetsi bwa Ndayishimiye bwagiranye n’ubwa Félix Tshisekedi wa RDC muri Kanama uwo mwaka, ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Ingabo z’u Burundi zatunguwe bikomeye n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23, wicamo nyinshi zirimo abofisiye bakuru mu rugamba rwatangiriye muri teritwari ya Masisi, zimwe zirakomereka, izindi zifatwa mpiri, zinamburwa ibice byose zagenzuraga muri iyi ntara.

Mu kiganiro na Télévision Renaissance, Rukindikiza yagaragaje ko impamvu zatumye Perezida Ndayishimiye yohereza abasirikare b’u Burundi kurwanya M23 zirimo urwango afitiye u Rwanda kuko yatekerezaga ko rufasha uyu mutwe witwaje intwaro, urwango afitiye Abatutsi ndetse n’inyungu y’amafaranga.

Yagize ati “Yari asanzwe afitanye umubano mubi n’u Rwanda, agatekeza ko M23 yari ishyigikiwe, haba hari n’abasirikare b’u Rwanda baba bariyo, akavuga ati ‘Rero reka ngende mbarwanye muri Congo, tubipimeho, tubereke ko dukomeye kubarusha’. Ikindi, mu gutekereza ko abarwana muri Congo ari ubwoko bw’Abatutsi, ashyira hamwe Abahutu bose b’i Burundi, avuga ati ‘Tugiye kurwanya Abatutsi’.”

Rukindikiza yavuze ko Perezida Tshisekedi yasezeranyije Ndayishimiye amafaranga menshi mu gihe yakohereza ingabo z’u Burundi mu ntambara yo muri RDC, arabyemera nyamara bitari ngombwa ko afata iki cyemezo cyo kwicisha ingabo ze.

Ati “Abana b’igihugu bagiye gupfira mu kindi gihugu mu ntambara idakwiye. Agomba kubajyana aho we akura amafaranga.”

Yagaragaje ko abashoramari b’abanyamahanga bafite impungenge ko mu gihe intambara yo muri RDC iri kubera hafi y’imipaka y’u Burundi, na bwo ishobora kubugeramo, bityo ko ari yo mpamvu banga kubukoreramo ibikorwa by’ishoramari.

Yagize ati “Abaherwe, abantu bo hanze baravuga bati ‘Dushaka gushora imari’, bavuga bati ‘Abasirikare b’u Burundi bari kurwanira hafi y’imipaka yabo, none ejo batsinzwe byagenda bite’?”

Mu busesenguzi bwe, Rukindikiza yasobanuye ko umubano we w’u Rwanda n’u Burundi wazambijwe cyane n’uruhare rwabwo mu ntambara yo mu burasirazuba bwa RDC.

Rukindikiza yagaragaje ko urwango Perezida Ndayishimiye afitiye u Rwanda n'Abatutsi ari rwo rwatumye yohereza ingabo muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .