00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Kenya yimwe ibyangombwa byo kunganira Besigye

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 10 December 2024 saa 03:47
Yasuwe :

Martha Karua wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Kenya yimwe ibyangombwa byari kumwemerera kunganira Dr Kizza Besigye ukurikiranyweho gushaka guhirika ubutegetsi bwa Yoweri Kaguta Museveni.

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa Mbere tariki 9 Ukuboza 2024, n’Urugaga rw’Abavoka muri Uganda.

Martha Karua yari yasabye icyangombwa cy’agateganyo cyo gukora umurimo w’ubwunganizi mu bitajyanye n’amategeko kugira ngo abone uko yunganira Besigye cyane ko ari nawe uyoboye Itsinda ry’abanyamategeko be.

Mu ibaruwa Urugaga rw’Abavoka muri Uganda rwandikiye uyu mugore, rwamubwiye ko rudashobora kumuha iki cyangombwa kuko “rwasanze icyo agishakira kiri mu mpamvu za politike kurusha uko zaba impamvu z’umwuga.”

Martha Karua yahise yamaganira kure iby’iki cyemezo cy’Urugaga rw’Abavoka muri Uganda.

Dr Besigye yatawe muri yombi tariki ya 16 Ugushyingo 2024 ubwo yari yagiye i Nairobi kwitabira ibirori byo kumurika igitabo cya Martha Karua utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya.

Uyu munyapolitiki ufungiwe muri gereza ya gisirikare ya Luzira, yafashwe n’abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za Uganda, ubwo yari muri hoteli i Nairobi. Byasobanuwe ko icyo gihe yaganiraga n’uwamwizezaga ko azamushakira intwaro zo kwifashisha mu gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni.

Martha Karua wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Kenya yimwe ibyangombwa byo kunganira Besigye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .