00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko mpuzamahanga rw’ubucuruzi rwanze icyifuzo cya RDC iregwa ubwambuzi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 December 2024 saa 02:06
Yasuwe :

Urukiko mpuzamahanga rw’ubucuruzi, ICC, rwatesheje agaciro icyifuzo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo kutayiburanisha kuri dosiye iregwamo n’ikigo CLG (Centurion Law Group) gitanga ubujyanama mu by’amategeko.

CLG yo muri Afurika y’Epfo yafashije Leta ya RDC gukurikirana ruswa n’inyerezwa ry’umutungo ryakozwe na Glencore cy’Abasuwisi gikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Imirimo ya CLG yashingiye ku masezerano yagiranye n’ikigo cya RDC gishinzwe gukumira no kurwanya ruswa (APLC) mu 2022. APLC ni yo yari ihagarariye Leta.

Umunyamategeko Damian Williams yagize ati “Glencore yatanze ruswa kugira ngo ihabwe amasezerano ya peteroli, yishyura kugira ngo idakorerwa ubugenzuzi, yishyura abacamanza kugira ngo ntibayiburanishe.”

Damian yakomeje avuga ko Glencore “Yatanze ruswa kugira ngo yinjize amafaranga, miliyoni amagana z’amadolari kandi yarabikoze, byemerwa kandi bishyigikirwa n’abayobozi bakuru.”

CLG yemeza ko yakoze ibyo yasabwaga na Leta ya RDC, igaruza arenga miliyari 1,5 z’Amadolari, ariko ntiyayishyura amafaranga yayemereye mu masezerano. Ni bwo yafashe icyemezo cyo kwitabaza uru rukiko mpuzamahanga.

Mu rwego rwo kugira ngo itaburanishwa, Leta ya RDC yagaragaje ko uru rukiko rudafite ububasha bwo kuburanisha ibirebana n’amasezerano y’akazi.

Uru rukiko rwagaragaje ko icyifuzo cya Leta ya RDC nta gaciro gifite, rusobanura ko gushyira iyi dosiye mu cyiciro cy’ububasha byatinza urubanza, bikanatwara ikindi kiguzi kitari ngombwa.

Imirimo ya CLG ishingiye ku bujyanama yatanze mu gukurikirana ruswa yatanzwe na Glencore
ICC yagaragaje ko icyifuzo cya Leta ya RDC kigamije gutinza urubanza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .