Mu minsi itanu ishize ubwo M23 yinjiraga mu Mujyi wa Bukavu umutekano w’abaturage wari warazahaye noneho wahumiye ku mirari, ingabo za Congo zisahura abaturage abandi zibagirira nabi, ubundi amaguru ziyabangira ingata.
Icyakora mu gihe kitarambiranye M23 yakoze uko ishoboye Umujyi wa Bukavu iwirukanamo izo ngabo z’u Burundi, abajenosideri ba FDLR, Wazalendo, ingabo za FARDC n’indi mitwe bakorana.
M23 ikigera mu Mujyi wa Bukavu ku wa 14 Gashyantare 2025 wabohoye abaturage ufata imipaka itandukanye ihuza RDC n’u Rwanda irimo n’uzwi nka Kamanyola, mu gice cya Bugarama ku ruhande rw’Akarere ka Rusizi.
Abarenga 400 bari bahungiye mu Rwanda basubiye iwabo, bafashwa n’inzego z’ibanze mu Karere ka Rusizi mu kubona bisi zibambutsa.
Niba ushaka kumenya byinshi kuri iyi ngingo, reba iyi video
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!