00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umurinzi wa Perezida Akufo-Addo yaguye igihumure mu Nteko Ishinga Amategeko

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 4 January 2025 saa 12:55
Yasuwe :

Umurinzi wihariye wa Perezida Nana Addo Dankwa Akufo-Addo wa Ghana, Colonel Isaac Amponsah, yaguye igihumure mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa Gatanu tariki ya 3 Mutarama 2025, ubwo uyu muyobozi yagezaga ijambo rya nyuma ku baturage nk’Umukuru w’Igihugu.

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye, ibi byabaye nyuma gato y’uko Perezida Akufo-Addo atangiye gutambutsa ijambo rye, ryibanze ku byo ubutegetsi bwe bwagezeho.

Col Amponsah umaze igihe arinda uyu mukuru w’igihugu, yahise atakaza ubwenge, abari bari aho bose barikanga.

Itsinda ry’abaganga mu Nteko Ishinga Amategeko ryahise ryihutira kumuha ubuvuzi bw’ibanze. Col Amponsah yahise yerekezwa ku bitaro hafi y’Inteko kugira ngo asuzumwe neza.

Uyu murinzi akimara kugwa igihumure, Perezida Akufo-Addo, yahagaritse ijambo rye akanya gato, kugira ngo arebe ko umurinzi we ahabwa ubufasha bukenewe.

Perezida Akufo-Addo yaje gukomeza ijambo rye nyuma y’uko umurinzi we ajyanywe kwitabwaho.

Nana Akufo-Addo w’ishyaka New Patriotic Party [NPP] wagiye ku butegetsi mu 2017 ntazongera kuyobora Ghana kuko mu mpera z’umwaka ushizne, John Mahama wigeze kuba perezida yatorewe kongera kuyobora iki gihugu, ahigitse Mahamudu Bawumia wari usanzwe ari Visi Perezida.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .