00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunya-Kenya wafatanywe ibiyobyabwenge muri Vietnam agiye kunyongwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 March 2025 saa 10:05
Yasuwe :

Margaret Nduta Macharia wahamijwe n’ubutabera bwa Vietnam icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, agahabwa igihano cy’urupfu, aranyongwa kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025.

Uyu mugore w’imyaka 37 yatawe muri yombi muri Nyakanga 2023, afatiwe mu kibuga cy’indege cya Tan Son Nhat, nyuma yo gusanga mu mizigo ye harimo ibiro bibiri bya cocaine.

Mu iburana rye, Macharia yavuze ko iyi cocaine itari iye ko ahubwo yahawe uyu muzigo atazi ikirimo n’umugabo ukomoka muri Kenya, wamubwiye ko nawumugereza i Laos amuha 1300$.

Ku wa 6 Werurwe 2025, Urukiko rwo muri Vietnam rwahamije Margaret Nduta ibyaha bijyanye n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, rumukatira igihano cy’urupfu. Biteganyijwe ko iki gihano kigomba gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Mbere.

Umubyeyi w’uyu mugore, Purity Wangui, yari yagerageje gutakambira Perezida wa Kenya, William Ruto kugira ngo umukobwa we asabirwe kurangiriza igihano muri Kenya, gusa biba iby’ubusa.

Margaret Nduta Macharia wafatanywe ibiyobyabwenge muri Vietnam agiye kunyongwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .