Mu butumwa bwe, Goshers, yagize ati "Urakaza neza muri Ghana Nyakubahwa Perezida Paul Kagame."
Ni ubutumwa Umukuru w’Igihugu yahise asubiza agira ati "Urakoze cyane. Nishimiye kuba ndi muri Ghana mu irahira rya Perezida Mahama."
Welcome to Ghana his excellency @PaulKagame pic.twitter.com/krDalRYI6E
— Goshers (@goshers_) January 7, 2025
Nyuma y’ubu butumwa uyu munya-Ghana, Goshers, yahise asohora amashusho avugana ibyishimo byinshi, avuga ko yishimiye cyane kuba Perezida Kagame yasubije ku butumwa bwe kuri X.
Yagize ati "Ntabwo mwabyizera nageze ku nzozi zanjye mu buzima, Perezida Paul Kagame yasubije ubutumwa bwanjye kuri X [avuga n’ibyishimo byinshi] Banyarwanda, ndabakunda mwese [...] Perezida Kagame wakoze cyane."
Thank you his Excellency the President of the republic of @RwandaGov , @PaulKagame . You have made me in life. 😂 pic.twitter.com/cGTpCzdQvE
— Goshers (@goshers_) January 7, 2025
Perezida Kagame yageze i Accra kuri uyu wa Kabiri 7 Mutarama 2024, umunsi n’ubundi Mahama na Visi Perezida Naana Jane Opoku-Agyemang bari burahireho.
Perezida Mahama watsinze amatora ku majwi 56.3%, agiye gusimbura ku butegetsi Nana Akufo-Addo.
Si ubwa mbere uyu mugabo ayoboye Ghana kuko yanabaye Perezida w’iki gihugu kuva mu 2012 kugeza mu 2017.
Ubwo Mahama yatangazwaga nk’uwatsinze amatora, Perezida Kagame ni umwe mu bamushimiye ndetse bamwizeza ubufatanye.
U Rwanda na Ghana bisanganywe umubano ushingiye ku bufatanye mu guteza imbere urwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu kirere, igisirikare n’inzego z’umutekano.
Bifite kandi ubufatanye hagati y’inzego z’abikorera, ubukerarugendo, umuco, urwego rw’imari n’ubucuruzi.
U Rwanda rwafunguye Ambasade yarwo muri Ghana mu 2020. Ghana na yo yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda mu 2024.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!