00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri wa Afurika y’Epfo yayisabye gutegura ibitero simusiga kuri M23, igahorera abasirikare bayo

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 10 February 2025 saa 06:48
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Ubuhanzi n’Umuco muri Afurika y’Epfo, Gayton McKenzie, yasabye ko urubyiruko rwo muri iki gihugu ruhabwa imyitozo ihambaye ya gisirikare, ndetse iki gihugu kigafata icyemezo cyo kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwihorera ku mutwe wa M23 yishe abasirikare b’icyo gihugu.

Ibi Minisitiri Gayton McKenzie yabigarutseho ubwo Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Afurika y’Epfo bari mu kiganiro kigaruka byimbitse kuri aba basirikare 14 ba Afurika y’Epfo baheruka gupfira mu Burasirazuba bwa RDC.

Ubwo yahabwaga ijambo, Gayton McKenzie yavuze ko abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abandi bayobozi badakwiriye kwicara mu gihe imirambo y’aba basirikare itaragera mu gihugu cyabo.

Yakomeje avuga ko nta buryo ibiganiro nk’ibi byo mu Nteko biba mu gihe iyi mirambo itaragezwa mu gihugu.

Gayton McKenzie yavuze ko gupfusha aba basirikare ari ugusuzugurwa kwa Afurika y’Epfo, asaba ko urubyiruko rwose rwinjizwa mu gisirikare, ndetse hagategurwa ibitero byo kwihorera kuri M23.

Ati “Twarasuzuguwe, twarasuzuguwe, kandi tugomba kwigisha abantu isomo ko iyo wishe Umunya-Afurika y’Epfo hari ingaruka, dufite ikigero cy’ubushomeri mu rubyiruko kiri hejuru ku Isi, mureke dukoreshe aya mahirwe duhamagarire abantu kwiyandikisha, ubundi dufate urubyiruko rwacu turutoze, ariko mu gihe turi kurutoza Mureke tugende twigishe isomo M23, mureke twice bariya batwiciye abasirikare.”

Yakomeje avuga ko “iyi ni intambara, abantu bari gupfa, mu gihe mwe muri hano mwitana amazina y’ibyubahiro, mugende murwane nzaba umwe mu bazinjira mu gisirikare ngo bajye kurwana. Mureke tujye kurwana bya nyabyo, munkurikire.”

Abasirikare ba Afurika y’Epfo baguye muri RDC ni abari mu butumwa bw’Umuryango SADC. Ubuyobozi bw’iki gihugu bwabeshye ko bagiye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, mu gihe boherejwe ku rugamba kurwana.

Ni kenshi M23 yagiye ivuga ko ingabo zifatanyije n’igisirikare cya Congo (FARDC) zizaraswaho mu gihe cyose zizaba zashoje urugamba.

Kugeza ubu imirambo y’aba basirikare 14 itegerejwe muri Afurika y’Epfo kugira ngo ishyingurwe. Ni mu gihe hari bagenzi babo baheze i Goma kuko bagoswe na M23 babura inzira ibasohora muri uyu mujyi.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa aherutse guca amarenga ko aba basirikare bashobora gutaha vuba.

Depite Gayton McKenzie yasabye ko Afurika y’Epfo itegura ibitero simusiga kuri M23 byo guhorera abasirikare bayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .