Umunyamakuru Andrew Mwenda, yatangaje ko ubwo yaganiraga n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ku ntambara ari kurwana yo kurandura ruswa mu ngabo z’igihugu no muri Minisiteri y’Ingabo, yamubwiye hari abatangiye gutabwa muri yombi.
Ati “Inzego za gisirikare zataye muri yombi Umuyobozi ukuriye Ishami ry’Itumanaho n’Ikoranabuhanga muri UPDF kuko yishyuwe ibihumbi 300 $ n’igihugu cyo muri SADC kugira ngo kijye cyumviriza ibiganiro by’abasirikare.”
Yahamije ko nyuma y’itabwa muri yombi ry’uyu muyobozi, amafaranga yose yari yishyuwe yayahaye UPDF.
Inzego za Gisirikare muri Uganda zimaze iminsi zisaba abasirikare kwirinda ruswa kuko ibanza gusenya urwego nyuma ikagera ku gihugu cyose.
Been talking to the CDF, Gen Muhoozi Kainerugaba, about his struggle to clean up corruption in UPDF and the ministry of defense generally. He would like to inform Ugandans that the army arrested the Chief of Communications and IT (CCIT) of UPDF because he had been paid $300,000…
— Andrew M. Mwenda (@AndrewMwenda) February 3, 2025

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!