00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Gen Kale Kayihura mu gahinda ko guhezwa mu bikorwa bya gisirikare

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 February 2025 saa 11:26
Yasuwe :

Gen. Kale Kayihura wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, yatangaje ko ababazwa no kuba asigaye ahezwa mu bikorwa bya gisirikare nyamara abona agifite byinshi yatangamo umusanzu ku gihugu.

Yabitangarije mu kiriyo cy’inshuti ye babanye na we wabaye umuyobozi wa Polisi ya Uganda, John Cossy Odomel, ubwo bamusezeragaho muri Kiliziya ya Mutagatifu Karoli Lwanga muri Ntinda.

Gen. Kayihura yavuze ko uyu mugabo witabye Imana we yari agihabwa umwanya mu bikorwa bitandukanye by’inzego z’umutekano, mu gihe we yabaye yigijweyo.

Ati “Si nkanjye, we yari agihabwa umwanya agatanga umusanzu. Njye nibereye mu cyaro, amakuru nyamenyera kuri internet.”

“Ubwo ntagitumirwa mu bikorwa byanyu, ndumva nkwiriye kubaza nti ni irihe kosa nakoze? Umuntu wahoze ari umukuru wa Polisi? Ubu nta kintu nafasha?”

Gen. Kayihura kandi yavuze ko Odomel baziranye ari umugabo w’umunyamurava kandi uhorana imbaraga.

Daily Nation yanditse ko uyu mugabo yasabye abayoboye Polisi ya Uganda gushyira ingufu mu kuzuza ikigo cy’ubuvuzi bwa cancer yatangiye kubaka mu 2014 ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima.

Kale Kayihura wabaye mu gisirikare cya Uganda nyuma akaza kugirwa Umuyobozi wa Polisi y’iki gihugu ni umwe mu bantu bahoze ari inshuti z’akadasohoka za Perezida Museveni ariko baza gushwana.

Ku wa 13 Kamena 2018 ni bwo Kayihura yatawe muri yombi mu buryo bwatunguranye, nyuma y’amezi atatu akuwe ku mwanya w’Umuyobozi wa Polisi.

Yashinjwaga kunanirwa gucunga ibikoresho by’intambara, kugenzura igisirikare no gufasha mu ‘ishimuta’ no gucyura Abanyarwanda bari mu buhungiro muri Uganda.

Nyuma uyu mugabo yaje kurekurwa ndetse muri Nyakanga agaragara mu basirikare 110 Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru.

Gen. Kale Kayihura yavuze ko ahezwa nyamara afite byinshi yatangamo umusanzu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .