00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwagaragaje Uganda nk’umufatanyabikorwa ukomeye wa BRICS

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 June 2025 saa 07:18
Yasuwe :

U Burusiya bwagaragaje ko Uganda ari umufatanyabikorwa ukomeye w’Umuryango wa BRICS uhuriyemo ibihugu bikataje mu iterambere.

Imikoranire ya Uganda na BRICS yagarutsweho mu biganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’ u Burusiya, Sergei Lavrov yagiranye na mugenzi wa Uganda, Jeje Odongo, ku wa Gatatu tariki 18 Kamena 2025 i Moscow.

Lavrov yavuze ko u Burusiya bwiteguye kuganira na Uganda ku buryo bwo kuzamura imikoranire hagati y’ibihugu ndetse no mu muryango wa BRICS.

Ati “Duhaye ikaze Uganda nk’igihugu cy’umufatanyabikorwa wa BRICS […] twiteguye gukomeza guteza imbere ubufatanye n’inshuti zacu z’Abanya-Uganda, mu ishusho nshya.”

BRICS ni umuryango washinzwe mu 2009 n’ibihugu birimo Brésil, u Burusiya, u Buhinde n’u Bushinwa. Afurika y’Epfo yaje kwinjira muri uyu muryango nyuma y’imyaka ibiri.

Mu 2024 uyu muryango waraguwe winjiramo ibindi bihugu nka Iran, Ethiopia, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Indonesie.

Muri Mutarama 2025, Uganda na Nigeria biri mu bihugu byatangajwe nk’abafatanyabikorwa bakomeye b’uyu muryango.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .