00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Turukiya yagaragaje ubushake bwo kumvikanisha Sudani na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 14 December 2024 saa 08:02
Yasuwe :

Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, yahamagaye kuri telefoni Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani, Gen. Abdel-Fattah Burhan, amubwira ko yiteguye kugira uruhare mu gufasha iki gihugu kumvikana na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), mu rwego guhosha umwuka mubi umaze iminsi hagati y’impande zombi.

Umwuka hagati y’ibihugu byombi watangiye kuba mubi ubwo Sudani yashinjaga UAE gushyigikira umutwe wa Rapid Support Force uhanganye n’Ingabo za Sudani mu ntambara karundura ikomeje guca ibintu, aho ibaha intwaro, ikavuza abarwanyi bayo, ikishyura abacanshuro n’ibindi byinshi ishinjwa.

Ni ibirego UAE itaragira icyo ivugaho mu buryo butomoye, icyakora byatumye umubano w’ibihugu byombi uba mubi cyane, Sudani igasaba UAE guhagarika iyo mikorere niba yifuza kongera kubyutsa umubano ushingiye ku bya dipolomasi.

Perezida Recep Tayyip Erdogan yari aherutse guhuza impande zihuriza hamwe Ethiopia ndetse na Somalia, ibihugu byombi byari bimaze iminsi bidacana uwaka nyuma y’uko Ethiopia isinye amasezerano n’agace ka Somaliland Somalia ivuga ko ari akayo, ikavuga ko Ethiopia itagombaga gukorana n’agace kayo itabizi.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed na Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud, baherutse guhurira i Ankara muri Turikiya kugira ngo bashyire umurongo kuri ibi bibazo byose, aho bemeranyije gukomeza ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bihari.

Turikiya yagaragaje ubushake bwo kumvikanisha Sudani na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .