00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tshisekedi yayoboye inama y’abasirikare banzuye gufungira u Rwanda inzira

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 28 Mutarama 2023 saa 04:23
Yasuwe :

Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yayoboye inama yiga ku bibazo by’umutekano muke mu gihugu cye, by’umwihariko ku mpamvu M23 yigaruriye agace ka Kitshanga, yanzura ko u Rwanda rugiye gufungirwa inzira.

Mu itangazo ryasomwe na Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya Katembwe, yavuze ko iyo nama yiga ku bibazo by’umutekano, yabaye mbere y’iy’abaminisitiri.

Ati “ Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko yayoboye inama y’inzego z’umutekano yiga ku bibazo by’umutekano by’umwihariko mu gace ka Kitshanga no mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru; yizeza abaturage cyane abo muri Kivu y’Amajyaruguru, ko ingamba zose zafashwe mu gufungira amayira u Rwanda na M23.”

Ntabwo iryo tangazo risobanura neza uburyo u Rwanda rugiye gufungirwa inzira, gusa usesenguye neza byumvikanisha n’ubundi umurongo RDC imaze igihe yarafashe, ko u Rwanda ruvogera ubusugire bwayo.

Iyi nama ibaye nyuma y’iminsi ibiri Ingabo za M23 zigaruriye agace ka Kitshanga mu mirwano ikomeye yayihuje n’ingabo za Leta.

Igisirikare cya Congo cyatangaje ko kuva mu gace ka Kitshanga ari amayeri y’urugamba yo kubona uko bakwivuna M23.

Mbere yo gufata Kitshanga, M23 yari yafashe utundi duce dutandukanye turimo imihanda ihinguka i Goma, bivuze ko ubu ariyo iri kugenzura inzira zo mu merekezo ya Goma-Masisi.

Perezida Tshisekedi yiyemeje gufungira u Rwanda amayira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .