00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Thabo Mbeki yahishuye ko Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yakuwe mu bwihisho ngo atore umwanzuro wasenye Libya

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 24 May 2025 saa 07:36
Yasuwe :

Thabo Mvuyelwa Mbeki wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo kuva mu 1999 kugeza mu 2008 yahishuye ko uwahoze ari Ambasaderi w’igihugu cyabo mu Muryango w’Abibumbye yakuwe mu bwihisho kugira ngo atore umwanzuro wasenye Libya.

Muri Gashyantare 2011, Abanya-Libya batangiraga imyigaragambyo ikomeye isaba Colonel Muammar Qaddafi kwegura, akanama ka Loni gashinzwe umutekano katoye umwanzuro ukura Libya muri Komisiyo y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ufatira ibihano abahohoteye abaturage, unasaba urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) ku bwicanyi bwakozwe.

Muri Werurwe 2011, akanama ka Loni gashinzwe umutekano katoye undi mwanzuro ugena igice cyo muri Libya indege zitagombaga kunyuramo mu rwego rwo kurinda abaturage ibitero byo mu kirere. Ni uko ingabo z’ibihugu byo mu muryango NATO zinjiye muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika, zica umuhungu wa Col. Qaddafi witwaga Saif al-Arab n’abuzukuru batatu.

Col. Qaddafi na we yafashwe n’abo bivugwa ko ari abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa NTC wifatanya na NATO muri iyi ntambara, yicwa tariki ya 20 Ukwakira 2011 nyuma yo kurahira ko adateze kumanika amaboko ngo yegure ku butegetsi bwa Libya yari amazeho imyaka 32.

Mu kiganiro ku hazaza ha Afurika cyabereye i Dar es Salaam muri Tanzania ku wa 23 Gicurasi, Mbeki yibukije ko mu 2011, Afurika y’Epfo yari umunyamuryango udahoraho w’akanama ka Loni gashinzwe umutekano.

Yavuze ko ubwo ibihugu byari bigize aka kanama byari bigiye gutora uyu mwanzuro, Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yasohotse mu cyumba, ajya kwihisha kuko Jacob Zuma wayoboraga iki gihugu yari yamusabye gushyigikira ko muri Libya hoherezwa ingabo z’amahanga.

Ati “Yarirutse, agerageza kwihisha ahantu kubera ko ibwiriza yahawe n’umukoresha we muri Afurika y’Epfo ryari ugutora umwanzuro. Ambasaderi yarabyanze, ariko ntiyagombaga guhakanya Perezida, rero uburyo bwiza bwari ukwihisha munsi y’ameza, nuko ajya kwihisha ahantu.”

Mbeki yavuze ko Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagiye gushakisha mugenzi we wa Afurika y’Epfo aho yari yihishe, amukurayo, amujyana gutora, atora nk’uko Zuma yari yabimusabye.

Yagize ati “Ambasaderi wa Amerika mu kanama ka Loni gashinzwe umutekano yagiye kumushaka. Baramubonye, bamujyanama mu cyumba cya Loni kugira ngo atore, arabikora kugira ngo Libya isenyuke.”

Thabo Mbeki yagaragaje ko iyo Afurika y’Epfo, Nigeria na Gabon byari mu kanama ka Loni gashinzwe umutekano bidatora uyu mwanzuro, Libya itari gusenyuka.

Col Qaddafi yishwe mu Ukwakira 2011
Thabo Mbeki yavuze ko iyo Afurika y'Epfo, Nigeria na Gabon bidatora umwanzuro w'akanama ka Loni gashinzwe umutekano, Libya itari gusenyuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .