00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tchad: Abitwaje intwaro bateye ibiro bya Perezida

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 9 January 2025 saa 11:35
Yasuwe :

Ibiro bya Perezida wa Tchad, Mahamat Déby, byatewe n’agatsiko k’abantu bikekwa ko ari abagize umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, bahangana n’ingabo za Leta abagera kuri 19 bahasiga ubuzima.

Amakuru y’ibanze avuga ko abagabye iki gitero ari abagabo 24, 19 bahasiga ubuzima mu gihe abandi batandatu bakomeretse. Ku ruhande rwa Leta, umusirikare umwe yitabye Imana mu gihe abandi batatu bakomeretse, barimo n’uwakomeretse bikomeye.

Iri tsinda ry’aba bagabo ryari ryitwaje intwaro ndetse ryambaye ibitambaro bibapfutse mu maso, aho babashije kwinjira mu gipangu gikoreramo ibiro bya Perezida, ariko bakumirwa batarabasha kwinjira imbere mu nyubako.

Iki gitero kibaye nyuma y’igihe gito Minisitiri w’Intebe w’u Bushinwa, Wang Yi, avuye muri iyi biro aho yari yaganiriye na Perezida n’abandi bayobozi.

Bibaye kandi mu gihe Tchad yatangaje ko isheshe amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yari ifitanye n’u Bufaransa, ibivuze ko ingabo zose z’icyo gihugu zigomba kukivamo mu gihe cya vuba, ndetse n’ibyari ibirindiro byazo bikajya mu maboko y’ingabo za Leta.

Ni nyuma kandi y’uko Perezida Emmanuel Macron yari aherutse kuvuga amagambo ataravuzweho rumwe, ubwo yavugaga ko ingabo z’u Bufaransa zitashimiwe ku ruhare zagize mu kurinda umutekano w’ibihugu bya Afurika byiganjemo ibyo mu gace ka Sahel.

Perezida Mahamat Déby aherutse gutorerwa kuyobora Tchad mu matora ataravuzweho rumwe, aho bamwe bamushinje kwiba amajwi no kwica abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Tchad imaze igihe ihanganye n’imitwe y’iterabwoba n’ubugizi bwa nabi irimo na Boko Haram.

Ibiro bya Perezida wa Tchad byagabweho ibitero n'abantu bakekwaho kuba mu mutwe wa Boko Haram

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .