Perezida Suluhu yavuze ko iki cyemezo yagifashe nyuma yo kubona ko ubukungu bwa Tanzania bugenda buzamuka kandi bigizwemo uruhare n’abakozi.
Ni ingingo yagarutseho ku wa Kane tariki 1 Gicurasi 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
Ati “Mu guha agaciro akazi gakomeye mukora n’ubwitange bwanyu mu guteza imbere igihugu, ndetse no mu gihe tuba twabasabye gufunga umukanda, ntewe ishema no gutangaza ko Guverinoma izazamura umushahara fatizo ku bakozi ba Leta ku kigero cya 35,1%.”
Muri Tanzania umushahara fatizo wari usanzwe ari amashilingi ibihumbi 370.
Biteganyijwe ko uyu mushahara fatizo mushya uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri Nyakanga 2025.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!