00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Tundu Lisu yagaragaje ko hari abashaka guteza umwuka mubi mu ishyaka CHADEMA

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 December 2024 saa 08:27
Yasuwe :

Visi Perezida w’ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lisu, yagaragaje ko hari abashaka guteza umwiryane mu bayobozi bakuru baryo.

Lisu yasobanuye ko mu gihe ashaka kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi Mukuru w’iri shyaka, hari abari kugerageza kumugonganisha na Freeman Mbowe usanzwe ariyobora.

Yagize ati “Nahamagawe n’umuntu ukomeye mu gihugu, angira inama yo kongera abashinzwe umutekano wanjye kandi ngakomeza kwigengesera cyane.”

Uyu munyapolitiki yasobanuriye Clouds Media ko uyu muntu yamubwiye ko yasabwe gukurikirana iki kibazo kuko ngo hari umugambi mubi wo guteza igihugu ibibazo bikomeye.

Lissu yatangaje ko icyo aba bantu bashaka kumugabaho igitero, hanyuma bakabeshyera Mbowe ko ari we ukiri inyuma kugira ngo batangire guhangana.

Ati “Bashaka kunyangiza, hanyuma bakabigereka kuri Chairman Mbowe. Nasabwe gukora ibishoboka byose kugira ngo mbikumire.”

Umuyobozi wa Polisi muri Dar es Salaam, Jumanne Muliro, yatangaje ko hakenewe iperereza ryimbitse kugira ngo harebwe niba koko ibyo Lissu yavuze ari byo. Yibukije ko uru rwego rufite inshingano yo kurinda abaturage bose n’imitungo yabo.

Tundu Lissu yatangaje ko hari abashaka kumugaba igitero, hanyuma bakabigereka kuri Freeman Mbowe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .