Lisu yasobanuye ko mu gihe ashaka kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi Mukuru w’iri shyaka, hari abari kugerageza kumugonganisha na Freeman Mbowe usanzwe ariyobora.
Yagize ati “Nahamagawe n’umuntu ukomeye mu gihugu, angira inama yo kongera abashinzwe umutekano wanjye kandi ngakomeza kwigengesera cyane.”
Uyu munyapolitiki yasobanuriye Clouds Media ko uyu muntu yamubwiye ko yasabwe gukurikirana iki kibazo kuko ngo hari umugambi mubi wo guteza igihugu ibibazo bikomeye.
Lissu yatangaje ko icyo aba bantu bashaka kumugabaho igitero, hanyuma bakabeshyera Mbowe ko ari we ukiri inyuma kugira ngo batangire guhangana.
Ati “Bashaka kunyangiza, hanyuma bakabigereka kuri Chairman Mbowe. Nasabwe gukora ibishoboka byose kugira ngo mbikumire.”
Umuyobozi wa Polisi muri Dar es Salaam, Jumanne Muliro, yatangaje ko hakenewe iperereza ryimbitse kugira ngo harebwe niba koko ibyo Lissu yavuze ari byo. Yibukije ko uru rwego rufite inshingano yo kurinda abaturage bose n’imitungo yabo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!