00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani: Ingabo za Leta zikomeje gufata ibice byinshi by’Umurwa Mukuru wa Khartoum

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 6 February 2025 saa 07:52
Yasuwe :

Igisirikare cya Sudani kiyobowe na General Abdel Fattah al-Burhane, gikomeje kwigarurira ibice byinshi by’Umurwa Mukuru w’icyo gihugu, Khartoum, mu ntambara igiye kumara imyaka ibiri ihuza igisirikare cy’igihugu n’abarwanyi b’umutwe wa Rapid Support Force, RSF, uyoborwa na General Mohamed Hamdan ’Hemedti’ Dagalo.

RSF yatangiranye imbaraga intambara, yigarurira ibice bikomeye birimo n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, ndetse n’icyanya cy’inganda cya al-Remila kiri mu bilometero bitatu gusa uvuye ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Uyu mutwe kandi wagose ibiro by’igisirikare biri hirya no hino mu Murwa Mukuru, icyakora ibintu byatangiye guhindura isura mu mpera z’umwaka ushize, ubwo igisirikare cya Sudani cyatangiraga gusubiza inyuma abarwanyi ba RSF, bakirukanwa hafi y’ibiro by’ubuyobozi bwa gisirikare ndetse no mu bindi bice by’inkengero za Sudani.

Kuri uyu wa Gatatu, igisirikare cya Sudani cyatangaje ko cyirukanye abarwanyi ba RSF mu cyanya cy’inganda cya al-Remila, ndetse izi ngabo zikomeza zerekeza mu Mujyi rwagati no ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Amakuru avuga ko intego y’iki gisirikare ari ukwirukana RSF mu bice byose by’Umujyi wa Khartoum, ndetse iki gisirikare kiri kubigeraho kuko kimaze kohereza abarwanyi benshi ba RSF mu majyaruguru ya Khartoum mu gace ka Bahri.

Andi makuru avuga ko mu majyepfo y’uyu mujyi, ku kiraro cya Soba gikoreshwa n’abinjira muri uyu mujyi, habereye imirwano ikomeye, abarwanyi ba RSF bagatsindwa.

Igisirikare cya Sudani kiri kwitwara neza mu ntambara igihuje na RSF

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .