Ibi bisasu byagabwe kuri iri soko, byahatewe mu gihe ryari ririmo abantu benshi, bituma bahita bahasiga ubuzima mu kanya gato.
Ikindi gitero cyagabwe ku modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange, gihitana abari bayirimo bose uko ari 22. Aba kandi baje bakurikira abandi bantu 65 baguye mu gace ka Omdurman.
Muri rusange, intambara yongeye gukaza umurego muri iyi minsi cyane cyane ko imirwano hagati y’Ingabo za Leta, ziyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan ndetse na Rapid Support Forces iyobowe na General Mohamed Hamdan uzwi nka Dagalo, yarushijeho gukara.
Kuva iyi ntambara yatangira muri Mata 2023, imaze guhitana abarenga ibihumbi 24 mu gihe abarenga miliyoni umunani bahunze, benshi bahungira imbere mu gihugu mu gihe abandi bahungiye hanze yacyo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!