00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sénégal: Ibirego by’abiciwe mu myigaragambyo ku butegetsi bwa Macky Sall bishobora kubyutswa

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 16 December 2024 saa 11:02
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutabera wa Sénégal, Ousmane Diagne, yatangaje ko guverinoma izakora ibishoboka byose hagashyirwa umucyo ku rupfu rw’abantu baguye mu myigaragambyo yabaye hagati ya 2021 na 2024.

Imyigaragambyo yabaye muri Sénégal kuva mu 2021 kugeza mu 2024 yamaganaga icyemezo cya Macky Sall washakaga kuyobora manda ya gatatu nyamara Itegeko Nshinga ritabyemera.

Abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bayobowe na Ousmane Sonko batangiye kwigabiza imihanda biviramo bamwe urupfu, abandi amagana barafungwa.

Muri Werurwe 2024, Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal yatoye itegeko ritanga imbabazi rusange ku bantu bagize uruhare mu myigaragambyo, bituma Ousmane Sonko, Bassirou Diomaye Faye n’abandi barenga 1000 batavugaga rumwe n’ubutegetsi bava mu gihome.

Minisitiri w’Ubutabera wa Sénégal, Ousmane Diagne, yagaragarije Abadepite ko imbabazi zatanzwe na Perezida Macky Sall zikemangwa ndetse ko hazakorwa ibishoboka ukuri kukamenyekana.

Ati “Kuba ubwo bwicanyi [bwo mu 2021-2024] bwagenda gutyo gusa budahanwe byaba ari ikimenyetso kibi cyane, byazateza umutekano muke. Tuzakora ku buryo ukuri kose kujya ahagaragara.”

Yahamije ko “ibikorwa n’ababikoze bazagaragara kandi n’ababishyigikiye bazabiryozwa.”

Jeune Afrique yanditse ko Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal nshya igizwe n’abadepite 130 b’ishyaka riri ku butegetsi rya PASTEF mu gihe ab’indi mitwe ari 30.

Perezida Diomaye Faye yatowe mu mpera za Werurwe 2024, nyuma y’iminsi mike avuye muri gereza, ahita ashyiraho Minisitiri w’Intebe bari bafunganywe, Ousmane Sonko.

Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal yagaragarijwe ko abakoze ubwicanyi ku butegetsi bwa Macky Sall bagomba kuburyozwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .