00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Se wabo wa Perezida wa Tchad yapfuye urupfu rwibazwaho byinshi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 December 2024 saa 06:43
Yasuwe :

Saleh Déby Itno, Se wabo wa Perezida wa Tchad yapfuye urupfu rudasobanutse aguye i Cairo mu Misiri ku wa Kabiri tariki 24 Ukuboza. Bivugwa ko bishoboka ko yaba yishwe cyane ko atavugaga rumwe n’uyobora igihugu bafitanye isano ya hafi.

Hari hashize iminsi mike Saleh yinjiye mu Ishyaka ryitwa PSF ( Parti socialiste sans frontières) ry’abantu bahanganye na Perezida w’igihugu, Mahamat Déby. hari hashize iminsi mike kandi umuyobozi w’iri shyaka Yaya Dillo Djerou nawe apfuye aho bivugwa ko yishwe.

Ku wa Kabiri mu gitondo nibwo Saleh yagejejwe mu Misiri mu rugendo rwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aho yari agiye kuvurizwa. Ntabwo yarenze mu Misiri kuko yahise yitaba Imana.

Umurambo we wahise ucyurwa muri Tchad, woherezwa mu gace ka Amdjarass aho agomba gushyingurwa iruhande rwa mukuru we wahoze ayobora iki gihugu, Idriss Déby Itno.

Saleh Déby Into yapfuye urupfu rukomeje kwibazwaho cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .