00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sam Nujoma wabaye Perezida wa mbere wa Namibia yitabye Imana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 February 2025 saa 07:59
Yasuwe :

Sam Nujoma waharaniye ubwigenge bwa Namibia ndetse akaba Perezida wa mbere w’iki gihugu nyuma yo kwigobotora Afurika y’Epfo, yitabye Imana azize uburwayi.

Nujoma w’imyaka 95 yapfiriye mu Murwa Mukuru Windhoek. Yayoboye urugamba rw’ubwigenge hamwe n’ishyaka South West Peoples’ Organisation (Swapo) ryashinzwe mu myaka ya 1960 ariko bagera ku bwigenge muri Werurwe 1990.

Nujoma yabaye Perezida kuva mu 1990 kugeza mu 2005.

Perezida wa Namibia, Nangolo Mbumba yatangaje ko uyu mukambwe yari amaze ibyumweru bitatu mu bitaro arwaye birangira indwara imuhitanye.

Ati “Yaduteye ishyaka ryo guhaguruka tukiyoborera ubu butaka bugari bw’abasokuruza bacu. Umubyeyi wacu yabayeho imyaka myinshi kandi y’ingirakamaro, by’umwihariko ayimara akorera abaturage b’igihugu cye.”

Nujoma yavuye ku butegetsi muri Namibia mu 2005 ariko akomeza kuba Perezida w’Ishyaka rye kugeza mu 2007.

Namibia yakolonijwe n’Abadage kuva mu 1884, bayitakaza mu 1915 bamaze gutsindwa intambara ya mbere y’Isi.

Iki gihugu cyahise cyisanga mu maboko y’abazungu bategekaga Afurika y’Epfo, babuza abirabura gushinga amashyaka n’ubwigenge.

Mu myaka ya 1960 Nujoma ni bwo yinjiye mu ntambara z’udutero shuma zagejeje ku bwigenge bw’igihugu mu 1990.

Sam Nujoma wabaye Perezida wa mbere wa Namibia yitabye Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .