00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Gachagua wahoze ari Visi Perezida arashaka gusubiza Ruto imbere ya ICC

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 14 January 2025 saa 03:25
Yasuwe :

Rigathi Gachagua uherutse kweguzwa ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya yaburiye Perezida Dr. William Ruto, amubwira ko imyitwarire ye ishobora kumusubiza mu Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC).

Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko Gachagua akomeje gushinja ubuyobozi bwa Kenya kwijandika mu bikorwa bihohotera ubuzima bw’abaturage, icyakora abamushinja bakavuga ko ibi byose abiterwa no kuba yarirukanwe, bityo akaba ari guharabika Leta.

Gachagua yagize ati “Ndashaka kukwibutsa Perezida Ruto ko watangiye inzira y’inzitane yerekeza muri ICC ufatanyije n’abandi Banya-Kenya batanu. Inzira bamwe mu bagushyigikiye bari kukuganishamo izasubiza iki gihugu imbere ya ruriya rukiko mpuzamahanga.”

Gachagua yongeyeho ko kubera iyo mpamvu hari itsinda ry’abanyamategeko rye riri kwegeranya amakuru kuri buri ngingo irebana n’ibyaha abo bayobozi bari gukora, ku buryo nta kabuza rizabishyikiriza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.

Rigathi Gachagua yabaye Visi Perezida wa Kenya kuva mu 2022 kugeza mu Ukwakira 2024 ubwo yeguzwaga kuri uwo mwanya ashinjwa amakosa arimo kubiba amacakubiri, gutesha agaciro ubutegetsi bwa Perezida Ruto, no gukoresha umutungo wa Leta mu nyungu ze bwite.

Ibyo ariko Gachagua yabiteye utwatsi avuga ko ahubwo ari ubugambanyi yakorewe na Perezida Ruto; bikomeza no gukurura umwuka mubi hagati y’impande zombi. Kuva yakwegura, Rigathi yakomeje kuvuga ubutegetsi bwa Ruto nabi, akabushinja ibyaha bitandukanye.

Rigathi Gachgua yagaragaje ko mu gihe ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu bidahagaze yiteguye kugeza Kenya muri ICC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .