Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko Gachagua akomeje gushinja ubuyobozi bwa Kenya kwijandika mu bikorwa bihohotera ubuzima bw’abaturage, icyakora abamushinja bakavuga ko ibi byose abiterwa no kuba yarirukanwe, bityo akaba ari guharabika Leta.
Gachagua yagize ati “Ndashaka kukwibutsa Perezida Ruto ko watangiye inzira y’inzitane yerekeza muri ICC ufatanyije n’abandi Banya-Kenya batanu. Inzira bamwe mu bagushyigikiye bari kukuganishamo izasubiza iki gihugu imbere ya ruriya rukiko mpuzamahanga.”
Gachagua yongeyeho ko kubera iyo mpamvu hari itsinda ry’abanyamategeko rye riri kwegeranya amakuru kuri buri ngingo irebana n’ibyaha abo bayobozi bari gukora, ku buryo nta kabuza rizabishyikiriza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.
Rigathi Gachagua yabaye Visi Perezida wa Kenya kuva mu 2022 kugeza mu Ukwakira 2024 ubwo yeguzwaga kuri uwo mwanya ashinjwa amakosa arimo kubiba amacakubiri, gutesha agaciro ubutegetsi bwa Perezida Ruto, no gukoresha umutungo wa Leta mu nyungu ze bwite.
Ibyo ariko Gachagua yabiteye utwatsi avuga ko ahubwo ari ubugambanyi yakorewe na Perezida Ruto; bikomeza no gukurura umwuka mubi hagati y’impande zombi. Kuva yakwegura, Rigathi yakomeje kuvuga ubutegetsi bwa Ruto nabi, akabushinja ibyaha bitandukanye.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!