Mu ibaruwa yandikiye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja Kirocho, kuri uyu wa 15 Mata 2025, yamumenyesheje ko yamwambuye abamurindaga kugira ngo byorohere udutsiko dushaka kumwica.
Yagaragaje ko kuva mu Ugushyingo 2024, udutsiko tw’abantu barimo abapolisi twamugabyeho ibitero, duhohotera abamushyigikiye, na we ubwe dushaka kumugirira nabi.
Ati “Urabizi ko hari umugambi wateguwe wo gutera ingo zanjye muri Nairobi na Nyeri, no ku mitungo yanjye mu gihugu, w’abantu uzi neza cyangwa mwifatanya. Ubwo uzafata ingamba ute?”
Gachagua yabwiye Kanja ko abapolisi bamukurikirana kenshi hamwe n’abo mu muryango we, kandi ko baba bari mu modoka zidafite ibirango cyangwa se byahishwe, asobanura ko bigaragara ko baba bashaka kumutera.
Ati “Ndakumenyesha ko Abanyakenya bazi neza ibi bintu kandi nihagira ikimbaho cyangwa kikaba ku muryango wanjye, iki gihugu kizabamo urugomo rutavugwa, ruzahungabanya politiki, itegeko n’ituze.”
Yasobanuye ko agize icyo aba, Kenya ishobora gusubira mu bihe nk’ibyo yabayemo mu 2007, byatumye uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi akurikiranwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC.
Gachagua yasabye Kanja kumusubiza abamurindira umutekano, agahagarika abapolisi bamukurikirana, kandi akarindira umutekano ibikorwa bimuhuza n’abaturage.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!