Majewski yatawe muri yombi muri Gashyantare 2024, ashinjwa kugirana umugambi n’amabandi y’umutwe witwaje intwaro wa Mobombo wo kujya afotora ibikorwa byawo, ahantu h’ingenzi cyane.
Nk’uko radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yabitangaje, nyina wabo wa Majewski yavuze ko umuhungu wabo yakundaga gusura no gutemberera muri RDC, agamije kwishimira ubuzima.
Uyu mugore yatangaje ko Majewski arengana, bityo ko guverinoma ya Pologne ikwiye guhaguruka, igafasha umuhungu wabo kuva muri gereza.
Kuva muri Gashyantare 2024, nta muntu wo muri guverinoma ya Pologne wakurikiranye iki kibazo, bitewe ahanini n’uko nta Ambasade y’iki gihugu muri RDC ihari.
Gusa, Perezida wa Pologne, Andrzej Duda uherutse kuvugana na Félix Tshisekedi wa RDC ku murongo wa telefone, yijeje uyu muryango ko azawufasha mu minsi iri imbere kugira ngo Majewski afungurwe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!