00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Loni mu rugamba rwo kwimura abarenga 1400 bayihungiyeho

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 February 2025 saa 10:07
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yatangaje ko abantu barenga 1400 biganjemo abagore n’abana bahungiye mu birindiro byabo bagomba gushakirwa uko bimurirwa ahandi mu buryo bwihuse bakarindirwa umutekano.

Yabigarutseho kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru cyagarukaga ku bantu bahungiye mu birindiro bya MONUSCO mu Mujyi wa Goma.

Yavuze ko nubwo umutwe wa M23 usaba ko aba bantu bakoherezwa bagasubira mu byabo ariko batazagamburuzwa n’igitutu cy’uyu mutwe.

Ati “Hatitawe ku gitutu gishyirwaho na M23 kugira ngo abo bantu bayishyikirizwe, MONUSCO yiyemeje gukomeza kubacungira umutekano.”

Radio Okapi yatangaje ko MONUSCO igerageza gufasha abantu bayihungiyeho badafite intwaro kugira ubuzima bwabo bukomeze kuba bwiza hisunzwe amategeko mpuzamahanga.

Keita ariko yavuze ko ubu bidahagaze neza kubera umubare munini w’abantu bahungiye mu kigo cyabo bagomba gucungirwa umutekano.

Yanasabye ko habaho uburyo bwihuse imiryango mpuzamahanga ibishyigikiye izi mpunzi zikimurirwa ahantu hari umutekano wizewe.

U Rwanda rwigeze kugaragariza Loni ko ingabo ziri mu butumwa bwayo muri RDC zateshutse ku butumwa bwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR no kurinda abasivile ahubwo zifatanya n’ihuriro rya FARDC ku rugamba.

Kuva mu mpera za Mutarama 2025, Umujyi wa Goma wafatwa na M23 abahatuye bavuze ko hatekanye ku buryo benshi banasubiye mu byabo.

Monusco igaragaza ko ititeguye kureka ngo impunzi zayihungiyeho zijya mu bice biyobowe na M23, ahubwo zajyanwa mu nkambi irinzwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .