Umushinjacyaha w’igisirikare mu gace ka Mwene-Ditu karasiwemo aba Bashinwa, Col Bora Uzima Justin, yasobanuye ko byakozwe n’umupolisi witwa Mutombo Kanyemesha wari uzwi nka ‘Méchant Méchant’, ahita ahunga.
Col Bora yasobanuye ko icyatumye Mutombo arasa aba Bashinwa kitaramenyekana, gusa bivugwa ko bashobora kuba bashyamiranye, bapfa inyama z’umwaka mushya wa 2025.
Imirambo y’abishwe yajyanywe mu mujyi wa Mbuji-Mayi mu ntara ya Kasaï Oriental, undi Mushinwa wakomeretse ajyanwa mu bitaro bikuru bya Christ-Roi biherereye muri Mwene-Ditu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!