Ubwo bwato bwakoreye impanuka mu ruzi rwa Congo, mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’Igihugu ku wa Kabiri w’iki Cyumweru.
Ubuyobozi bubara abandi bantu babarirwa mu magana baburiwe irengero, mu gihe ubwo iyi mpanuka yabaga bwari bwavuze ko abapfuye bagera kuri 50.
Ubu bwato bwitwaga HB Kongolo bwafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bwari bugeze mu Mujyi wa Mbandaka buturutse ku cyambu cya Matankumu mu gace ka Bolomba
Nibura abantu 100 nibo bibarwa ko barokotse mu gihe abandi bahuye n’ubushye bajyanywe ku bitaro biri muri ako gace.
Iyi mpanuka yabaye ubwo umugore umwe wari mu bwato yari atetse, umuriro ugakwira hose bugashya cyane ko bwari ubw’ibiti. Abagore n’abana bari baburimo bamwe bahise basimbuka, bapfira mu mazi barohamye kuko bananiwe koga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!