Hashize iminsi mike Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa asinye itegeko rijyanye no kwimura abaturage ahagiye gukorerwa ibikorwa by’inyungu rusange n’aho Guverinoma yarebye ikabona bikwiye kandi ntacyo byangiza, ko ubutaka buzajya bwegurirwa Leta nta ngurane itanzwe.
Perezida wa Amerika, Donald Trump abajijwe n’abanyamakuru impamvu ateganya guhagarika inkunga Afurika y’Epfo, yavuze ko ari ukubera ibikorwa bibi bikorwa n’abayobozi b’iki gihugu.
Ati “Hari ibintu biteye ubwoba biri kubera muri Afurika y’Epfo, ubuyobozi buri gukora ibintu biteye ubwoba. Biri gukorwaho iperereza, tuzafata icyemezo ariko kugeza igihe tuzamenyera ibyo Afurika y’Epfo iri gukora, bari gutwara ku ngufu ubutaka ndetse birashoboka ko bari gukora ibintu bibi kuruta aho.”
Itegeko ryasinywe na Perezida Ramaphosa risimbura iryashyizweho mu gihe cya Apartheid ryatumye abirabura benshi bamburwa ubutaka bwabo ku ngufu mu nyungu z’abazungu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Ronald Lamola, yatangaje ko biteguye kuganira na Amerika bakayisobanurira ibikubiye mu itegeko ryo kwimura abantu ku nyungu rusange.
Ati “Tuzagirana ibiganiro na bagenzi bacu bo muri Amerika iri tubasobanurire birambuye tegeko no ku zindi ngingo z’imikoranire mu nyungu z’ibihugu byombi.”
Magingo aya 25% by’ubutaka buhingwa muri Afurika y’Epfo ni ubw’abirabura nyamara bangana na 80% by’abaturage bose.
Financial Times yanditse ko Leta iteganya guha abirabura kimwe cya gatatu cy’ubutaka buhingwa bitarenze mu 2030.
Mu 2023, Amerika yahaye Afurika y’Epfo inkunga ya miliyoni 440 $. Kuri ubu Trump yabaye ahagaritse inkunga zahabwaga ibihugu by’amahanga mu gihe cy’amezi atatu.
Trump kandi aherutse gutangaza ko ibihugu byibumbiye mu muryango w’ubukungu wa BRICS, birimo na Afurika y’Epfo nibitera umugongo Idolari rya Amerika bigashyiraho ifaranga ryabyo, azabifatira ibihano birimo no gusoresha ibicuruzwa byabyo ku rugero rwa 100%.
So, #SouthAfricans were going on about how their military has the largest budget, how they manufacture arms & warplanes, yet they’re still receiving aid from a foreign power? That’s why I told you to wake up from your slumber and let go of your superiority complex. #DRCconflict pic.twitter.com/bhJBDsCY97
— Tom Close 🇷🇼 (@tomcloseOG) February 3, 2025

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!