00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ouattara yirukanye Ingabo z’u Bufaransa muri Côte d’Ivoire

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 1 January 2025 saa 07:33
Yasuwe :

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara, yasabye ingabo z’u Bufaransa ziri mu gihugu cye ko zatangira kukivamo guhera muri Mutarama 2025.

Mu butumwa yaraye agejeje ku baturage kuri uyu wa 31 Ukuboza 2024, Perezida Ouattara yagize ati “Twafashe icyemezo cy’uko ingabo z’u Bufaransa zitangira kuva muri Côte d’Ivoire mu buryo buteguwe.”

U Bufaransa bufite ingabo zigera kuri 600 muri Côte d’Ivoire. Zigiye kwirukanwa nyuma y’aho n’izo bwari bufite muri Mali, Niger, Tchad na Burkina Faso na zo zirukanwe, bitewe n’umwuka mubi watutumbye hagati y’impande zombi.

Uyu mwuka mubi waturutse ahanini ku kuba u Bufaransa bwarashinje ubutegetsi bw’inzibacyuho bw’ibi bihugu gukorana n’umutwe w’abacancuro wa Wagner, ukomoka mu Burusiya, mu gihe ushinjwa guhohotera ikiremwamuntu.

Ingabo u Bufaransa busigaranye ni 1500 ziri muri Djibouti na 350 ziri muri Gabon. Hamwe n’izikiri muri Côte d’Ivoire, hasigaye 30% by’izo bwari bufite muri Afurika mbere y’uko ubutegetsi bwa Ibrahim Boubacar Keita wa Mali bukuweho mu 2020.

Perezida Ouattara yatangaje ko ingabo z'u Bufaransa zizataha mu buryo bwateguwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .