Televiziyo y’u Burundi yatangaje ko ibyo Perezida Ndayishimiye yabivugiye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera icyo gihugu yari yatumiwemo abayobozi batandukanye ku Isi.
Perezida Ndayishimiye yavuze ko iyo arebye uko u Burundi bumeze n’umutungo kamere bufite, asanga bufitanye isano n’igihugu cya Kanani kivugwa muri Bibiliya.
Yagize “Urebeye uko u Burundi bumeze usanga bufitanye isano na cya gihugu cy’isezerano cya Kanani. U Burundi bufite ubutaka bwera cyane kandi bufite umutungo kamere mwinshi utaracukurwa.”
Yavuze kandi ko u Burundi buri ahantu heza mu mutima wa Afurika hahuza Afurika yo hagati n’iy’Uburasirazuba, gusa ikibabaje ngo ni uko ubwo butunzi bufite Abarundi bataratangira kububyaza umusaruro.
Ati “Ikibabaje ni uko Abarundi bataratangira gukoresha umutungo kamere w’Igihugu cyabo ari yo mpamvu kitaramenyekana.”
Perezida Ndayishimiye yongeyeho ko amasengesho yafashije Abarundi cyane mu kongera kunga ubumwe, ubu muri icyo gihugu hakaba harangwa amahoro n’umutekano.
Nyuma yo kuvuga iryo jambo kandi Perezida Ndayishimiye yaje gusubira imbere arapfukama, umuvugabutumwa aramusengera, asengera umuryango we ndetse n’u Burundi, abasabira imigisha ku Mana no kubarinda.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!