Sosiyete zitwara abantu mu ndege zasabwe gusubika ingendo zose zari zifite mu gihugu muri iyo minsi, kugeza kuwa Mbere utaha ubwo Papa azaba yavuye mu gihugu.
Papa wamaze kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biteganyijwe ko azahava ahita akomereza muri Sudani y’Epfo.
Kuwa Gatandatu Papa Francis azayobora Misa izitabirwa n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero Angilikani ku Isi, Justin Welby ndetse n’Umuyobozi w’Itoreri ry’aba- presbytérienne muri Ecosse, ari we Rev Iain Greenshields.
Mu kwitegura Papa, Leta ya Sudani y’Epfo yatanze ikiruhuko mu gihugu hose kuri uyu wa Gatanu kugira ngo abaturage benshi bazabashe kuza kumwakira.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!