00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niger yatangiye kohereza peteroli mu mahanga nyuma yo kuzuza umuyoboro wa miliyari 5$

Yanditswe na Innocent Dushimimana
Kuya 24 May 2024 saa 08:50
Yasuwe :

Niger yatangiye kohereza peteroli mu mahanga nyuma y’imyaka irindwi iri kubaka umuyoboro uzajya uyihuza n’icyambu cya Seme kiri muri Benin, cyane ko idakora ku nyanja.

Ni umuyoboro wahenze cyane kuko watwaye miliyari 5$, wuzura ku bufatanye bw’ibigo bikora muri uru rwego, birimo n’ibyo mu Bushinwa byagize uruhare mu kuwubaka.

Kugeza ubu Niger ishobora kohereza utugunguru ibihumbi 20 ku munsi, mu gihe uyu muyoboro ufite ubushobozi bwo kwakira utugunguru ibihumbi 90, ariko ubu bushobozi bukazagenda bwongerwa uko iminsi ishira aho bushobora kuzarenga utugunguru ibihumbi 200 ku munsi.

Ni umuyoboro ufite uburebure bwa kilometero 1.950, aho 1.275 ziri muri Niger mu gihe 675 ziri muri Benin.

Byitezwe ko Niger niramuka yongereye utugunguru yohereza mu mahanga, ibi bishobora kuzayifasha mu kubaka ubukungu burambye, cyane cyane nyuma yo gufatirwa ibihano n’ibihugu birimo Amerika n’ibyo mu Burayi, nyuma y’uko igisirikare gikuyeho ubutegetsi bwa Perezida Mohamed Bazoum.

Byitezwe ko ubukungu bw’iki gihugu buziyongera cyane muri uyu mwaka, aho umusaruro mbumbe ushobora kurenga 11%.

Niger yatangiye kohereza peteroli mu mahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .