00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mozambique: Mondlane watsinzwe amatora yateguje imyigaragambyo izamara igihe kirekire

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 December 2024 saa 09:45
Yasuwe :

Venâncio Mondlane uherutse gutsindwa amatora ya Perezida muri Mozambique, yasabye Guverinoma gukenyera igakomeza kuko imyigaragambyo imaze iminsi ishobora kuzamara amezi menshi.

Ni imyigaragambyo y’abaturage bashyigikiye Venâncio Mondlane, batemera ko yatsinzwe na Daniel Chapo w’ishyaka Frelimo riri ku butegetsi.

Mondlane ntiyemeye ibyavuye mu matora yagizemo amajwi 20%, asaba abaturage kujya mu mihanda nubwo we yahise ahunga.

Yabwiye BBC ko nibura imyigaragambyo izakomeza mu gihe cy’amezi atatu ari imbere.

Mu byumweru imyigaragambyo imaze uhereye mu Ukwakira 2024, imaze kugwamo abantu 67 mu gihe abandi bakomeretse.

Mondlane yavuze ko imyigaragambyo ariyo izatuma ishyaka Frelimo ryemera ibiganiro n’abatavuga rumwe naryo, bakicara hamwe bagaha igihugu ikindi cyerecyezo.

Ati “Abigaragambya bakwiriye gukomeza nibura nk’amezi abiri cyangwa atatu, ku muvuduko bariho. Gukoresha uburyo bwa dipolomasi, imyigaragambyo n’igitutu cy’amahanga bizatuma bishoboka.

Nubwo Mondlane avuga ko ari we watsinze, Komisiyo y’amatora yagaragaje ko nta manyanga yabayemo, bityo ko Daniel Chapo ari we Perezida watowe asimbura Felipe Nyusi.

Mondlane yavuze ko imyigaragambyo izakomeza muri Mozambique

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .