00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mozambique: Mondlane utavuga rumwe n’ubutegetsi yemeye gukorana na Perezida Chapo

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 21 January 2025 saa 02:57
Yasuwe :

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Mozambique, Venâncio Mondlane, yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta iyobowe na Perezida Daniel Chapo.

Mondlane yavuze ko yakwemera gukorana n’ubuyobozi buriho mu gihe bwakwemera ibyo asaba kugira ngo amahoro aganze muri iki gihugu cyaranzwe n’imvururu nyuma y’amatora ya Perezida yabaye ku wa 9 Ukwakira 2024.

Uyu munyapolitiki yamaganye intsinzi ya Perezida Chapo, asobanura ko mu gikorwa cyo kubara amajwi habayemo uburiganya.

Gusa nyuma y’aho Perezida Chapo arahiriye kuyobora Mozambique tariki ya 15 Mutarama 2025, Mondlane yemeye ko yakorana n’ubutegetsi mu gihe bakumvikana.

Bimwe mu byo Mondlane asaba, harimo: kurekura abagera ku 5000 bafunzwe bazira kwigaragambya, guha indishyi z’akababaro imiryango yapfushije abayo mu gihe cy’imyigaragambyo ndetse no kuvura ku buntu abayikomerekeyemo.

Mu biganiro bitandukanye, Perezida Chapo yavuze ko ubuyobozi bwe ntawe buheje mu gihe yaba ashaka gutanga umusanzu mu kubaka igihugu.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Perezida Chapo yavuze ko hari itsinda riri gusuzuma niba Mondlane yujuje ibisabwa ku buryo yahabwa inshingano muri guverinoma.

Ibivugwa na Perezida Chapo na Mondlane bigaragaza ko hashobora kuba impinduka nziza muri iki gihugu gikomeje guhangana n’ibibazo by’ubukungu ndetse n’ibya politiki.

Mondlane yatangaje ko yiteguye gukorana na Perezida Chapo, ibishobora guhagarika umwuka mubi muri politiki ya Mozambique

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .