00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya ari mu ruzinduko muri Mali

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 7 Gashyantare 2023 saa 08:51
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov yageze muri Mali kuri uyu wa Kabiri kuganira n’icyo gihugu uburyo bagifasha guhangana n’imitwe y’iterabwoba.

Lavrov yakiriwe ku kibuga cy’indege na mugenzi we w’Ububanyi n’amahanga wa Mali, Abdoulaye Diop.

Ni uruzinduko rwa gatatu Lavrov akoreye muri Afurika mu mugambi w’igihugu cye wo kwagura ijambo ry’u Burusiya muri Afurika.

Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi mu 2020, Perezida mushya Colonel Assimi Goita yagaragaje ko yifuza ko u Burusiya bumufasha mu kuvugurura igisirikare no guhangana n’imitwe y’iterabwoba imaze igihe iyogoza icyo gihugu.

Biteganyijwe ko Lavrov aganira na Perezida Goita ndetse na Minisitiri Diop, nyuma yaho akore ikiganiro n’abanyamakuru.

Kugeza ubu Mali yahawe impano y’indege za kajugujugu za gisirikare zivuye mu Burusiya ndetse bivugwa ko umutwe w’abacancuro uzwi nka Wagner waba waratangiye gukorera muri icyo gihugu.

Lavrov yageze muri Mali mu ruzinduko rugamije guhamya umubano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .