00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Maroc: Umwami Mohammed VI yabujije Abayisilamu kwizihiza umunsi wa ‘Eid al-Adha’ barya intama

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 February 2025 saa 03:37
Yasuwe :

Umwami Mohammed VI wa Maroc yasabye abaturage be kutazizihiza umunsi w’Igitambo uzwi nka ‘Eid al-Adha’ babaga intama kuko zagabanyutse cyane mu gihugu bitewe n’amapfa ahamaze imyaka.

Ukugabanyuka kw’intama muri iki gihugu kwatewe n’amapfa amaze imyaka irindwi muri Maroc.

Ku munsi w’Igitambo cyangwa ‘Eid al-Adh’, Abayisilamu babaga intama cyangwa andi matungo bazirikana ibyakozwe na Ibrahim (Abraham) umunsi atura Imana umwana we nk’igitambo.

Inyama zabazwe bazisangira n’imiryango yabo izindi bakazifashisha abatishoboye.

BBC yatangaje ko intama muri Maroc zagabanyutse ku rugero rwa 38% mu gihugu hose, bituma igiciro cy’inyama kirushaho guhenda ndetse ubu intamba ibihumbi 100 zigomba kuvanwa muri Australia.

Ubutumwa bw’Umwami Mohammed VI bwasomwe kuri Televiziyo y’igihugu na Minisitiri ushinzwe imyemerere buvuga ko kwizihiza uwo muhango “muri ibi bihe bikomeye bizateza ikibazo gikomeye abaturage bacu benshi, by’umwihariko ab’amikoro make.”

Ijambo nk’iri kandi ryavuzwe n’Umwami Mohammed II mu 1966 ubwo igihugu cyibasirwaga n’amapfa.

Maroc izwiho ubworozi bw’intama cyane kuko ari zo zishobora kwihanganira imiterere y’ubutayu.

Urwego rw’ubuhinzi rukenera kuhira ruri mu zazahajwe n’amapfa ndetse ubu amazi asaranganywa mu bikorwa by’ibanze nk’ubuhinzi, inganda n’ubwikorezi

Abanya-Maroc ntibazizihiza umunsi w'Igitambo babaga intama nk'uko babimenyereye
Umwami Mohammed VI yabujije Abayisilamu kwizihiza umunsi wa ‘Eid al-Adha’ barya intama

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .