00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mali: Inyeshyamba zigambye kubohora umuturage wa Espagne waherukaga gushimutwa

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 22 January 2025 saa 03:36
Yasuwe :

Umutwe w’inyeshyamba wa FLA ( Front de Libération de l’Azawad) wo muri Mali watangaje ko wabohoye umuturage wa Espagne wari warashimutiwe mu Majyepfo ya Algerie mu cyumweru gishize.

Umuvugizi wa FLA, Mohamed Maouloud Ramaadan, yatangarije ku rubuga X ko uyu muturage witwa Gilbert Navarro ubu nta kibazo na kimwe afite.

Ramaadan yagize ati “Umuturage wa Espagne wari waragizwe imbohe, Navarro Giane Gilbert, yabohowe na FLA kandi ubuzima bwe buhagaze neza.”

Umukozi w’uyu mutwe ushinzwe itumanaho, Boubacar Sadigh Ould Taleb, yasobanuye ko Navarro yashimuswe n’agatsiko b’abakora ibyaha byambukiranya imipaka tariki ya 17 Mutarama 2025, ajyanwa mu mujyi wa Indelimane mu Burasirazuba ba bwa Mali.

Minisiteri y’Ingabo muri Algerie yo yatangaje ko Navarro yashimuswe n’abantu batanu bari bitwaje intwaro, gusa ntiyatangaje niba hari umutwe babarizwamo.

Navarro yari yaragiye muri Algerie mu bukerarugendo. Byateganyijwe ko mbere yo gusubira mu muryango we muri Espagne, abanza kunyura muri iki gihugu yafatiwemo.

Ku rundi ruhande, aya makuru yafashwe nk’igisebo kuri Mali kuko bigaragara ko imitwe irwanya ubutegetsi igifite imbaraga mu bice by’Amajyaruguru y’igihugu, benshi bagatinya ko ishobora kuzagera ubwo irema leta yigenga nk’uko ikunze kubisaba.

Abarwanyi ba FLA bagaragaye bari kumwe na Navarro nyuma yo kumubohora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .