Umuvugizi wa FLA, Mohamed Maouloud Ramaadan, yatangarije ku rubuga X ko uyu muturage witwa Gilbert Navarro ubu nta kibazo na kimwe afite.
Ramaadan yagize ati “Umuturage wa Espagne wari waragizwe imbohe, Navarro Giane Gilbert, yabohowe na FLA kandi ubuzima bwe buhagaze neza.”
Umukozi w’uyu mutwe ushinzwe itumanaho, Boubacar Sadigh Ould Taleb, yasobanuye ko Navarro yashimuswe n’agatsiko b’abakora ibyaha byambukiranya imipaka tariki ya 17 Mutarama 2025, ajyanwa mu mujyi wa Indelimane mu Burasirazuba ba bwa Mali.
Minisiteri y’Ingabo muri Algerie yo yatangaje ko Navarro yashimuswe n’abantu batanu bari bitwaje intwaro, gusa ntiyatangaje niba hari umutwe babarizwamo.
Navarro yari yaragiye muri Algerie mu bukerarugendo. Byateganyijwe ko mbere yo gusubira mu muryango we muri Espagne, abanza kunyura muri iki gihugu yafatiwemo.
Ku rundi ruhande, aya makuru yafashwe nk’igisebo kuri Mali kuko bigaragara ko imitwe irwanya ubutegetsi igifite imbaraga mu bice by’Amajyaruguru y’igihugu, benshi bagatinya ko ishobora kuzagera ubwo irema leta yigenga nk’uko ikunze kubisaba.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!