Mu itangazo ryashyizwe hanze n’uwo mutwe, rigaragaramo ingingo eshatu zirimo kuba ukomeje kuburira ubutegetsi bwa Kinshasa ku bikorwa by’ubwicanyi bukorerwa abasivili no gushaka kujya mu birindiro byawo.
Wakomeje ugaragaza ko RDC yongeje ubukana mu bwicanyi bukorerwa abaturage b’abasivili, ikoresheje indege za gisirikare n’iza kajugujugu zituruka ku bibuga by’indege bya Goma na Kavumu.
AFC/M23 yatangaje ko itazakomeza kurebera ibyo bikorwa mu gihe byaba bikomeje kwiyongera ahubwo ko izaharanira kubirandura burundu.
Yakomeje igira iti “AFC/M23 ntabwo ishobora gukomeza kurebera no kutagira icyo ikora kuri ibi bikorwa. Mu gihe ibi bikorwa byakomeza kwiyongera nta yandi mahitamo tuzaba dufite uretse kubikuraho biturutse ku isoko yabyo, aho byaba bituruka aho ari ho hose tugamije kurinda abaturage bacu.”
AFC/M23 yahishuye ko ibabazwa n’uko ishinjwa ibikorwa by’urugomo bikorwa na FARDC.
Yakomeje ibaza impamvu abantu bayo bicwa, yemeza ko ihari mu rwego rwo kwirwanaho.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!