00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yafashe imodoka z’intambara eshatu

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 31 May 2024 saa 08:19
Yasuwe :

Umutwe witwaje intwaro wa ARC/M23 watangaje ko wafashe imodoka eshatu z’ihuriro ry’ingabo zirimo iziri mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, SAMIDRC.

Izi modoka zirimo ibifaru bibiri ndetse n’ikamyo itwara abasirikare yo mu bwoko bwa IVECO, zafashwe nyuma y’ibitero ingabo za SADC n’izindi zirimo iza RDC n’iz’u Burundi zagabye mu bice birimo Kilolirwe, Mushaki, Bweremana, Sake no mu nkengero.

Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2024 yatangaje ko ibi bitero byiciwemo abasivili 10, abandi benshi barakomereka, abandi bahunga ingo zabo, inzu zirasenywa, inka na zo ziricwa.

Kanyuka yasobanuye ko abarwanyi ba M23 bagobotse, basubiza inyuma ibi bitero yemeza ko byari biyobowe n’ingabo za SADC, basenya ibifaru bine byabo.

Yagize ati “ARC/AFC yagobotse nk’uko biri mu nshingano zayo zo kurinda abasivili, isubiza inyuma ihuriro ry’ingabo z’umwanzi nyuma yo gusenya imodoka zaryo z’intambara (APCs). Twanafashe APCs ebyiri z’umwanzi n’ikamyo ya IVECO.”

Ibi bitero by’ihuriro ry’ingabo zishyigikiye Leta ya RDC bigamije kwisubiza ibice byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru M23 yafashe kuva mu 2022. Gusa rinengwa gushyira intwaro mu nkambi z’impunzi zirimo iya Mugunga, M23 yemeza ko bishyira abasivili mu byago.

Iyi kamyo yifashishwa mu gutwara abasirikare na yo yafashwe nk'uko M23 yabitangaje

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .