00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya RDC yaheje ibicuruzwa biva mu bice M23 yigaruriye

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 4 March 2025 saa 02:29
Yasuwe :

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko ibicuruzwa bituruka mu Ntara zigaruriwe na M23 bigomba kujya bifatwa nk’aho ari bwo bicyambuka umupaka, ku buryo byitabwaho mu buryo bwihariye bukurikije amategeko agenga imipaka.

Ibaruwa Urwego rushinzwe kugenzura imipaka ya RDC rwandikiye ibiro byarwo mu Ntara ya Beni, ku wa 28 Gashyantare 2025, itegeka ko ibicuruzwa byose bikomoka mu bice byigaruriwe na M23 bitagomba gukurikiza amategeko asanzwe agenga gasutamo zaho kugeza igihe hazasohokera andi mabwiriza.

Iyi baruwa yasinyweho na Paul Kayembe Ngindu uhagarariye DGDA muri Kivu y’Amajyaruguru igira iti “ibicuruzwa byose bituruka mu mujyi wa Goma, ku Kibuga cy’Indege cya Goma, Bunagana na Ishasha, bifatwa nk’ibishya byinjiye ku mupaka kandi bigomba gufatwa uko biri, amategeko akubahirizwa ijambo ku rindi kimwe n’amabwiriza agenga imipaka.”

Inzego z’ubuyobozi za RDC zimaze amezi abiri zihunze umupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda ndetse ubu imipaka yo mu karere ka Rubavu na Rusizi yose igenzurwa n’ubuyobozi bwashyizweho na M23.

Inzego zitandukanye za Afurika zimaze iminsi zihamagarira impande zishyamiranye kuyoboka ibiganiro by’umwihariko hagati ya RDC na M23 hagamijwe gukemura umuzi w’ikibazo, ari wo uguhohoterwa, kujujubywa no kwicwa kw’Abatutsi, Abanyamulenge n’Abahema bo mu Burasirazuba bwa RDC bimwe uburenganzira bwabo nk’abenegihugu.

Ukwezi kumaze kurengaho iminsi M23 yigaruriye Goma
RDC yategetse ko ibicuruzwa biva i Goma n'ahandi M23 yigaruriye bigomba guhezwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .