00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuki Amerika ikomeje kuryama kuri RDC? (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 January 2025 saa 11:41
Yasuwe :

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Linda Thomas Greenfield, tariki ya 20 Ukuboza 2024 yagaragaje ko yababajwe no kuba bimwe mu bihugu bigize akanama kawo gashinzwe umutekano bitaravuze byeruye ko Rwanda rufite ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibirego u Rwanda ruhakana kuva mu 2022 ubwo amakimbirane yarwo na RDC yatangiraga gututumba, mu gihe umutwe witwaje intwaro wa M23 wari ukomeje gufata ibice mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Rwasobanuye ko rudashobora kwivanga mu bibazo by’Abanye-Congo, rugaragaza ko Leta ya RDC yahisemo kubirugerekaho igamije guhisha ibibazo yananiwe gukemura.

Kuva mu mpera za 2023, Amerika yari yarihaye inshingano yo kuba umuhuza w’u Rwanda na RDC ariko bigaragara ko zayinaniye bitewe no kubogamira ku ruhande rwa RDC, yirengagiza nkana ubushotoranyi iki gihugu cy’abaturanyi kimaze igihe kinini kirukorera.

Ntacyo Amerika yavuze cyangwa ngo ikore ubwo ingabo za RDC n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR byagabaga ibitero bya ‘Mortier’ mu karere ka Musanze muri Werurwe, Gicurasi na Kamena 2022, byangije ibikorwa by’abaturage, bigakomeretsa bamwe. Ntinitaye ku kuba ari byo byatumye rushyira ku mupaka ingamba z’ubwirinzi kugira ngo bitazasubira.

Kurikira iki kiganiro umenye impamvu z’iyi myitwarire ya Amerika


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .